Perezida yasibye ifoto yamugaragazaga nka Yesu
Nyuma y’inkundura n’impaka zikomeye zatewe n’ifoto yakozwe hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, , yafashe icyemezo cyo kuyisiba ku rubuga rwe nkoranyambaga rwa . Iyo foto yamugaragazaga mu ishusho isa n’iya , ibintu byakuruye kutishimirwa gukomeye n’abaturage ndetse n’abanyapolitiki b’impande zombi.
Iyo foto yakozwe n’ikoranabuhanga rya AI yagaragazaga Trump yambaye imyenda y’umweru, asa n’uri mu bitaro, arambuye ukuboko ku murwayi nk’uri kumukiza. Abenshi bayibonye bayigereranyije n’ibishushanyo by’idini bikunze kugaragaza akiza abarwayi, ibintu byafashwe nk’aho ari ukwigereranya n’icyubahiro gikomeye mu myemerere ya gikirisitu.
Kwamamaza iyo foto byateje igikuba mu Banyamerika, aho abayobozi n’abanyapolitiki b’ingeri zitandukanye—haba mu ishyaka ry’Abarepubulikani ndetse n’Abademokarate—bayinenze bikomeye. Ndetse bamwe mu basanzwe bashyigikira Trump bagaragaje kutayishimira, bavuga ko irenze imbibi z’icyubahiro n’indangagaciro z’imyemerere.
Mu gusubiza abanenga, yemeye ko ari we wayishyize ahagaragara, ariko agerageza kuyisobanura mu buryo bworoheje, avuga ko yayibonaga nk’ifoto imugaragaza “nk’umuganga uri gufasha umurwayi,” aho kuyifata nk’iy’idini.
Nubwo yasobanuye ibyo, ntibyabujije ko igitutu gikomeza kwiyongera, bituma ayisiba nyuma y’amasaha make ishyizwe ku mugaragaro.
Iyi nkuru ije ikurikira amagambo akomeye Trump aherutse gutangaza anenga Papa , nyuma y’uko uyu muyobozi wa Kiliziya Gatolika agaragaje impungenge ku bikorwa bya gisirikare byakozwe na Amerika ifatanyije na Israel muri Iran.
Ibi byatumye bamwe mu basesenguzi babona ko akomeje gukoresha imbuga nkoranyambaga mu buryo bushobora guteza impaka no kugerageza gukurura amarangamutima y’abamushyigikiye, nubwo bishobora no kumwangiriza isura ku rwego mpuzamahanga.
Kugeza ubu, iyo foto yamaze gusibwa burundu kuri , ariko impaka ziracyakomeje ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru. Abasesenguzi bavuga ko iki gikorwa gishobora kugira ingaruka ku cyizere cy’abaturage bamwe na bamwe, cyane cyane abashingira cyane ku ndangagaciro z’idini.
Ku rundi ruhande, hari ababona ko ibi ari igice cy’imyitwarire isanzwe ya yo gukoresha uburyo butangaje mu itangazamakuru, agamije gukomeza kugaragara cyane no kuguma mu biganiro bya rubanda.
Iyi nkuru igaragaza uko ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya AI rikomeje kuzana ibibazo bishya mu miyoborere, itangazamakuru ndetse n’imyemerere, aho imipaka hagati y’ukuri n’ibihimbano igenda irushaho kugorana.







