Raporo Yakoze ku Mitima ya Benshi: Human Rights Watch Yavuze ku Iyongera ry’Ihohoterwa rya Politiki muri RDC
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), watangaje impungenge zikomeye ku bijyanye n’ihohoterwa rikomeje kwibasira abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abanyamakuru, abarwanashyaka ba sosiyete sivile ndetse n’abaturage basanzwe, mu gihe igihugu kiri mu bibazo bikomeye bya politiki n’umutekano.
Mu raporo yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12/05/2026, Human Rights Watch yavuze ko muri RDC hakomeje kugaragara izamuka rikabije ry’ifungwa rinyuranyije n’amategeko, gutotezwa, gukangishwa no gufungwa igihe kirekire ku bantu bagaragaza ibitekerezo binenga ubutegetsi bwa Kinshasa.
Uyu muryango uvuga ko ibi bikorwa biri kubera mu gihe igihugu kirimo umwuka mubi wa politiki n’umutekano, cyane cyane mu burasirazuba bwa Congo bukomeje kuberamo imirwano hagati y’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) n’ingabo za FARDC, ndetse no mu gihe hakomeje kuvugwa impaka zikomeye ku mushinga ushobora guhindura Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida Félix Tshisekedi abone uko yiyamamariza manda ya gatatu.
Raporo ya HRW igaragaza ko abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje gushyirwa ku nkeke binyuze mu ifungwa, gukurikiranwa n’inzego z’ubutasi no kubuzwa gukora ibikorwa bya politiki mu bwisanzure.
Uyu muryango uvuga ko bamwe mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe na Leta ndetse n’abakora ibikorwa byo kwamagana ubutegetsi bafashwe mu buryo budakurikije amategeko, abandi bagafungwa igihe kinini badafite ibyaha bifatika baregwa.
Human Rights Watch ivuga ko ibi bikorwa bigamije gutera ubwoba abatavuga rumwe na Leta no kugabanya ijwi ry’abamagana imikorere y’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi, ibintu bikomeje guteza impungenge ku hazaza h’imiyoborere ishingiye kuri demokarasi muri RDC.
Raporo ivuga ko abanyamakuru bakomeje kuba bamwe mu bahura n’ibibazo bikomeye, cyane cyane abakora inkuru zigaragaza ibitagenda neza muri Leta cyangwa abanenga ubuyobozi.
Mu bantu Human Rights Watch yavuze harimo Jordan Saidi Atibu, umuhuzabikorwa w’ikigo gikurikirana ibikorwa bya Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko i Kisangani, uvugwaho kuba yarafunzwe iminsi 40 yose.
Hari kandi Serge Sindani, umuyobozi w’itangazamakuru rya Kis24.info, wafunzwe iminsi 10 nta cyaha na kimwe ashinjwe.
Raporo igaragaza ko hari n’abandi banyamakuru n’abarwanashyaka ba sosiyete sivile bamaze igihe batinya gutangaza ibitekerezo byabo kubera ubwoba bwo gufungwa cyangwa gukorerwa ihohoterwa n’inzego z’umutekano.
Uretse abanyapolitiki n’abanyamakuru, Human Rights Watch yavuze ko abaturage basanzwe na bo bakomeje guhura n’ihohoterwa, cyane cyane abitabira imyigaragambyo cyangwa ibikorwa byo gusaba impinduka muri politiki y’igihugu.
Raporo ivuga ko hari abaturage benshi bafashwe mu gihe cy’imyigaragambyo itarangwamo urugomo, bamwe bagafungirwa ahatazwi cyangwa bakamara ibyumweru byinshi badafite uburenganzira bwo kuburana.
Mu bice bimwe by’igihugu, abaturage bavuga ko batangiye kugira ubwoba bwo kuvuga ibibazo byabo cyangwa kunenga abayobozi kubera gutinya gufatwa nk’abarwanya ubutegetsi.
Abasesenguzi bavuga ko uko kugabanuka kw’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bishobora gukomeza guteza umwuka mubi wa politiki no kongera ubushyamirane hagati y’ubutegetsi n’abaturage.
Philippe Bolopion, umwe mu bayobozi ba Human Rights Watch, yasabye ubutegetsi bwa Congo guhagarika ibikorwa byo kubangamira uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo no gukora imyigaragambyo mu mahoro.
Yagize ati: “Abayobozi ba Congo bagomba guhagarika ibikorwa byo kubuza abaturage ubwisanzure bwo kuvuga no kwigaragambya, kandi bakubahiriza uburenganzira bw’ibanze bwemewe n’Itegeko Nshinga ndetse n’amasezerano mpuzamahanga RDC yasinyiye.”
Uyu muryango uvuga ko niba nta gihindutse, RDC ishobora gukomeza kwinjira mu bihe bikomeye byo kugabanuka kwa demokarasi, mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi n’abaturage bakomeje kuvuga ko urubuga rwa politiki rugenda rufungwa umunsi ku wundi.
Raporo ya Human Rights Watch ishobora kongera gukurura impaka zikomeye haba imbere muri Congo no ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane ku bijyanye n’imiyoborere, ubwisanzure bwa politiki ndetse n’uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu gikomeje guhura n’ibibazo byinshi by’umutekano n’ubutegetsi.





