• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 28, 2025
in Regional Politics
0
RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye
70
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Corneille Nangaa, yatangaje ko inzira nyayo yo kugeza Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ku mahoro arambye no ku miyoborere itekanye ari uguhindura igihugu kikagendera ku miterere ya Repubulika Fedarale. Avuga ko ari wo muti w’igihe kirekire ku bibazo by’umutekano n’imiyoborere bimaze imyaka irenga 30 bishira igihugu mu mvururu idashira.

Nangaa yabitangaje kuwa kane, tariki ya 27/11/2025, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Yagaragaje ko imiterere y’ubutegetsi bushingiye i Kinshasa yananiranye, kuko itakibasha gukemura ibibazo bihangayikishije intara nyinshi, cyane cyane izo mu Burasirazuba ziheze mu bibazo by’imitwe yitwaje intwaro, ihungabana ry’umutekano, n’amakimbirane y’amoko.

Yagize ati:
“RDC ni igihugu kinini, gifite amoko menshi n’intara nyinshi. Uburyo bw’imiyoborere bwose buhurizwa i Kinshasa ntibukiri ku rwego rwo gukemura ibibazo by’abaturage bo mu ntara zitandukanye. Bakeneye ijambo mu mutekano wabo, mu mitungo yabo no mu iterambere ribagenewe.”

Nangaa ashimangira ko imiterere ya Repubulika Fedarale yaha buri ntara ububasha bwo kwiyobora, gutunganya umutungo wayo no gufata ibyemezo byihuse ku bibazo biyihangayikishije, aho gutegereza ubuyobozi bukuru bwa Kinshasa. Avuga ko iyi miterere itagamije na rimwe gutandukanya igihugu, ahubwo ko ari ugushakira Congo inzira y’imiyoborere igezweho, iha abaturage bose agaciro kandi igahosha ibibazo by’ingutu bimaze imyaka myinshi.

Iki gitekerezo gitanzwe mu gihe umutwe wa AFC/M23 ukomeje imirwano na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo mu Burasirazuba bw’igihugu. Muri ako karere, abaturage n’abanyapolitiki benshi bamaze imyaka myinshi basaba ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukora impinduka zikomeye, bavuga ko intara zabo zititabwaho ugereranyije n’ubunini bw’ ikibazo cyo kubura umutekano.

Nubwo bimeze bityo, guverinoma ya Kinshasa yo ihora irwanya icyifuzo cya Repubulika Fedarale, ivuga ko ishobora guteza ibyago byo gucagaguramo igihugu no guhangabanya ubusugire bwa Congo.

Nangaa yasabye ko habaho ibiganiro mpuzamahanga bifatika bigamije gusuzuma iki gitekerezo cy’amavugurura y’imiyoborere. Yemeza ko kudahindura uburyo igihugu kiyoborwa bizakomeza gushyira RDC mu mwijima w’intambara z’urudaca, ubukene, n’imiyoborere ikomeje kunanirwa gukemura ibibazo by’abaturage.

Ati: “Nidutinda guhindura imiyoborere, RDC izakomeza kuba mu bibazo bidashira.”

Iyo ni yo mpuruza ya Nangaa, ushishikariza igihugu n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga gutangira ibiganiro byimbitse ku miterere ya Repubulika Fedarale nk’inzira ishobora guha RDC amahoro arambye n’iterambere ryuzuye.

Tags: NangaaRepublic fedelal
Share28Tweet18Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Gen. Horta N’Tam yafashe ubutegetsi by’agateganyo, Perezida Embaló arahunga

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?