• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, July 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

RDC Yahaye Abanyamerika Ibirombe bya Rubaya Bigenzurwa na AFC/M23

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 19, 2026
in Regional Politics
0
RDC Yahaye Abanyamerika Ibirombe bya Rubaya Bigenzurwa na AFC/M23
65
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

RDC Yahaye Abanyamerika Ibirombe bya Rubaya Bigenzurwa na AFC/M23

You might also like

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

Impaka ku Biganiro by’Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo?

Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yahaye abashoramari b’Abanyamerika uburenganzira bwo kugenzura no gusuzuma ibirombe byo mu gace ka Rubaya, kari muri teritwari ya Masisi, kagenzurwa n’ihuriro Allience Fleuve Congo, AFC/M23 kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2024.

Nk’uko ibiro ntaramakuru bya Reuters byabitangaje, inyandiko ya Leta ya RDC yanditswe tariki ya 05/02/2026, iha abashoramari b’Abanyamerika urutonde rw’ibi birombe n’ibindi bikorwa bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro. Iyi nyandiko yatangajwe ubwo habaga i Washington inama ya mbere ya komite ihuriweho ishinzwe ubufatanye, yashyizweho hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye hagati ya RDC na Leta Zunze Ubumwe za Amerika yo mu kwezi kwa cumi nabiri 2025, agamije guteza imbere gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro.

Uru rutonde ruzasuzumwa n’abashoramari b’Abanyamerika hagamijwe kureba niba ibirombe birimo amabuye y’agaciro y’ingenzi, ndetse no gusuzuma niba nta mbogamizi zishobora kubangamira ibikorwa byo gucukura.

Minisitiri ushinzwe ubukungu muri RDC, Daniel Mukoko Samba, yasobanuye ko kuba ibirombe bya Rubaya bitagenzurwa n’inzego za Leta bitavuze ko bitari mu nshingano za Leta. Yagize ati:
“Kuba site ya Rubaya itari kugenzurwa n’ingabo za Leta uyu munsi ntibivuze ko twebwe, Leta ya RDC, tutayishyikiriza abafatanyabikorwa bacu.”

Ku rundi ruhande, umuyobozi wungirije wa AFC/M23, Bertrand Bisimwa, washinzwe ibikorwa bya politiki, dipolomasi n’imiyoborere, yagaragaje ko gufata icyemezo cyo guha abashoramari uburenganzira bwo kugenzura ibirombe bitari mu maboko ya Leta ari uburyo bwo guharanira inyungu z’akarere. Yagize ati:
“Kugurisha mu ruhame umutungo umuntu adafite cyangwa atagenzura ni uburyo bwo kurwana no kubaho.”

Rubaya ni agace gafite umwihariko ukomeye muri RDC kuko kabitse amabuye ya coltan, kimwe mu by’ingenzi ku rwego rw’isi mu nganda z’ikoranabuhanga. Aha hantu hibitse 15% by’amabuye ya coltan ku Isi yose, bigaha agaciro gakomeye mu bukungu bw’igihugu ndetse no ku isoko mpuzamahanga. Ihuriro AFC/M23 ryagiye rigenzura aka gace guhera mu ntangiriro z’u kwezi kwa gatanu 2024, bigatuma hari impaka ku micungire y’umutungo kamere w’akarere.

Amateka y’akarere ka Rubaya agaragaza ko gucukura amabuye y’agaciro atari ibintu bishya, ariko kugenzura umutekano n’ubucukuzi byagiye bihindagurika bitewe n’impinduka z’imitwe ya gisirikare n’ubutegetsi bwa RDC. Ubu bufatanye n’Abanyamerika bushobora gufungura amahirwe y’ishoramari ariko nanone bukazana impaka ku birebana no kurengera umutungo kamere no gukumira ibyaha byambukiranya imipaka bijyanye n’amabuye y’agaciro.

Tags: AFC/ m23AmerikaRdcRubaya
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails

Impaka ku Biganiro by’Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo?

by Bahanda Bruce
July 22, 2026
0
Corneille Nangaa Yanenze Ibiganiro Byifuzwaga na Kinshasa, Atangaza Icyo Asanga Ari Wo Muti Wonyine w’Ibibazo bya RDC

Impaka ku Biganiro by'Igihugu muri RDC: Ese Gukumira Kabila, Nangaa na M23 Bizazana Amahoro Cyangwa Bizakomeza Gucamo Ibice Abanyekongo? MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gihe Perezida wa Repubulika...

Read moreDetails

Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

by Bahanda Bruce
July 21, 2026
0
Umunyamakuru w’Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n’Imikoranire Yayo na FARDC

Umunyamakuru w'Inararibonye Colette Yashyize Hanze Ibyo Avuga ku Mikorere ya FDLR n'Imikoranire Yayo na FARDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umunyamakuru w'inararibonye akaba n'umusesenguzi mpuzamahanga, Colette Braeckman, umaze imyaka...

Read moreDetails

The U.S.–DRC Strategic Partnership Remains Under Scrutiny: Strong Diplomatic Commitments, but Tangible Investment Has Yet to Materialize

by Bahanda Bruce
July 19, 2026
0
RDC n’u Rwanda Byatangaje Intambwe Ikomeye mu Ishyirwa mu Bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro ya Washington

The U.S.–DRC Strategic Partnership Remains Under Scrutiny: Strong Diplomatic Commitments, but Tangible Investment Has Yet to Materialize MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) More than seven months have passed since...

Read moreDetails

Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura

by Bahanda Bruce
July 19, 2026
0
Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura

Amasezerano y’Ubufatanye Hagati ya Amerika na RDC Aracyibazwaho: Amatangazo Ni Menshi, Ariko Ishoramari Rifatika Riracyabura MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Hashize amezi arenga arindwi u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails
Next Post
Ubwumvikane Buke mu Mitwe ya Wazalendo i Uvira Bwahitanye Abarwanyi Barenga Babiri

Ingabo z’u Burundi na FARDC Zahuye n’Uruva Gusenya mu Bice bya Lemera

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?