RDC Yinjiye mu Cyiciro Gishya Kibi cya Politiki n’Umutekano, Abasesenguzi Batanga Umuburo
Politiki ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje kujya mu bihe bikomeye cyane, aho Perezida Félix Tshisekedi ari guhangana n’igitutu gikomeye gituruka ku batavuga rumwe na we, ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu, ndetse n’uburakari bw’abaturage bakomeje kunenga ubutegetsi bwe ku miyoborere n’umutekano mubi.
Mu magambo akomeye yatangaje akomeje gukwirakwira muri RDC no hanze yayo, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, Delly Sesanga, yavuze ko “ibi birangiye kuri Tshisekedi”, ashimangira ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi biteguye guhangana n’iyo leta “n’amaboko yabo gusa” kugira ngo bayihagarike, kubera ibyo bavuga ko ari ukurenga ku Itegeko Nshinga rya RDC.
Sesanga yavuze ko nta muntu wemerewe kurenza manda ebyiri ku mwanya wa Perezida wa Repubulika muri RDC, ashinja ubutegetsi bwa Tshisekedi gutegura uburyo bwo kuguma ku butegetsi binyuze mu guhindura cyangwa kunyuranya n’amahame agenga Itegeko Nshinga.
Ibi bije nyuma y’aho undi munyapolitiki utavuga rumwe na leta, Martin Fayulu, afatanyije n’abandi banyapolitiki bakomeye bo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, bahamagariye abaturage gukora imyigaragambyo yiswe “ville morte”, hagamijwe kwamagana ibyo bise “ubwigomeke bwa Félix Tshisekedi ku Itegeko Nshinga”.
Mu gihe abatavuga rumwe na leta bavuga ko Tshisekedi ashaka gukomeza gutegeka igihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ubutegetsi bwe bwo bukomeje gushimangira ko buri gukora ibishoboka byose kugira ngo igihugu kigume mu murongo wa demokarasi no guhangana n’ibibazo by’umutekano muke biri mu burasirazuba bwa RDC.
Ariko uko iminsi ishira, ni ko igitutu cya politiki kirushaho kwiyongera. Abasesenguzi benshi bagaragaza ko ubutegetsi bwa Tshisekedi buri hagati y’inkuta ebyiri zikomeye: ku ruhande rumwe hari igitutu cya politiki gituruka imbere mu gihugu, ku rundi hakaba ikibazo cy’umutekano muke gikomeje gukazwa n’intambara ihanganishije FARDC n’ihuriro AFC/M23.
AFC/M23 ikomeje kwagura ibice igenzura mu burasirazuba bwa RDC, ibintu byashyize leta ya Kinshasa mu bibazo bikomeye haba mu rwego rwa gisirikare no mu rwego rwa dipolomasi. Hari abaturage benshi bavuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwananiwe kugarura amahoro no kurinda abaturage.
Ikindi gikomeje guteza impungenge ni imyitwarire y’imitwe ya Wazalendo ikorana na FARDC mu rugamba rwo guhangana na AFC/M23. Mu bice byinshi byo muri Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, abaturage bakomeje gutanga ibirego bishinja bamwe muri aba barwanyi gukora ibikorwa byo kwica abaturage, gusahura imitungo yabo no kubateza umutekano muke.
Hari abaturage bavuga ko aho kubona uburinzi, usanga bamwe muri bo barushaho gutinya imitwe yitwaje intwaro ivuga ko ibarwanirira. Raporo zitandukanye zikomeje kuvuga ibikorwa byo gusahura amaduka, gufata abaturage nabi ndetse n’ubwicanyi bukorerwa abasivili mu bice birimo imirwano.
Nubwo leta ya Kinshasa ikomeje kuvuga ko Wazalendo ari abaturage biyemeje kurengera igihugu cyabo, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ko gukomeza gukoresha iyo mitwe bishobora gushyira igihugu mu kaga gakomeye kurushaho, cyane cyane mu gihe bamwe muri abo barwanyi bashinjwa kutubahiriza amategeko mpuzamahanga arengera abasivili.
Perezida Félix Tshisekedi ari mu gihe cya politiki kigoye cyane kuva yajya ku butegetsi. Uretse ikibazo cya AFC/M23 gikomeje kumushyira ku gitutu, hari n’ibibazo by’ubukungu, ibirego bya ruswa, ndetse n’ukutizerwa n’igice cy’abaturage bavuga ko igihugu gikomeje kujya mu kangaratete.
Mu gihe abatavuga rumwe na leta bakomeje gusaba abaturage guhagurukira ubutegetsi bwe, bamwe mu basesenguzi bavuga ko RDC ishobora kwinjira mu bihe bya politiki bitoroshye cyane mu mezi ari imbere, niba impande zitandukanye zidashoboye kubona uburyo bwo kuganira no kugabanya ubushyamirane bwa politiki.
Hari kandi impungenge ko gukomeza guhangana kwa politiki bishobora kurushaho guca intege ibikorwa byo gushakira amahoro uburasirazuba bwa RDC, aho abaturage bamaze imyaka myinshi bazahajwe n’intambara, ubwicanyi no guhunga ibyabo.
Mu gihe igihugu gikomeje kureba ahazaza hacyo mu rujijo, ikibazo gikomeje kwibazwa na benshi ni ukumenya niba ubutegetsi bwa Tshisekedi buzashobora guhangana n’ibi bibazo byose icyarimwe, cyangwa niba RDC iri kwinjira mu kindi cyiciro gikomeye cya politiki n’umutekano gishobora kongera guhungabanya igihugu.






