• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Sudani mu Marira, Abasivili Barenga Ijana Bishwe mu Cyumweru Kimwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 5, 2026
in Regional Politics
0
Sudani mu Marira, Abasivili Barenga Ijana Bishwe mu Cyumweru Kimwe
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Sudani mu Marira, Abasivili Barenga Ijana Bishwe mu Cyumweru Kimwe

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Mu Ntara ya Darfur, mu gihugu cya Sudani, inzego z’ubuzima zatangaje ko mu cyumweru gishize hishwe nibura abantu 114, bazize imirwano ikomeje guhanganisha Ingabo za Leta ya Sudani (SAF) n’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF).

Iyi ntambara imaze igihe kinini, yatangiye mu kwezi kwa kane umwaka wa 2023, aho Ingabo za Leta zahanganye n’umutwe wa RSF mu bice bitandukanye by’igihugu. Mu kwezi kwa cumi nabiri uyu mwaka ushize wa 2025, RSF yashoboye kwigarurira ibirindiro bya nyuma by’Ingabo za Leta mu Ntara ya Darfur, bituma umutekano urushaho kuzamba muri ako karere kamaze igihe kibasiwe n’ubushyamirane.

Ku wa Gatandatu ushize, Ingabo za Sudani zagabye ibitero by’indege zitagira abapilote (drones) ku mujyi wa Al-Zuruq, uherereye mu majyaruguru ya Darfur kandi ugenzurwa na RSF. Ibyo bitero byahitanye abantu 51, bose bakaba ari abasivili, nk’uko byemejwe n’umuganga wo ku bitaro bya Al-Zuruq wabwiye ikigo ntaramakuru AFP. Yongeyeho ko ibyo bitero byibasiye isoko rikuru ry’umujyi n’utundi duce dutuwe cyane n’abaturage basanzwe.

Umujyi wa Al-Zuruq uzwi kandi nk’aho hatuye bamwe mu bagize umuryango w’umuyobozi wa RSF, Mohamed Hamdan Dagalo, uzwi ku izina rya Hemedti. Amakuru atandukanye yemeza ko muri ibyo bitero hapfuyemo abavandimwe be babiri.

Nyuma y’igihe gito, umutwe wa RSF na wo wagabye ibitero by’inkundura ku mujyi wa Kernoi, uherereye hafi y’umupaka wa Sudani na Tchad. Ibyo bitero byahitanye abantu barenga 63, mu gihe abandi 57 bakomerekejwe bikomeye.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryatangaje ko mu minsi ibiri yo mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka ushize 2025, abantu bagera ku 7,000 bakuwe mu byabo mu mujyi wa Kernoi n’inkengero zawo, bahunga umutekano muke n’ubugizi bwa nabi byari byiyongereye muri ako gace.

Raporo iheruka gushyirwa ahagaragara n’Ibiro bya Loni bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) igaragaza ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 honyine, intambara yo muri Sudani yahitanye abasivili barenga 3,384, bigaragaza ubukana n’ingaruka zikomeye iyi ntambara ikomeje guteza ku baturage b’inzirakarengane.

Ibi bibazo bikomeje guteza impungenge zikomeye ku muryango mpuzamahanga, mu gihe hakomeje kwiyongera ubusabe bwo gushaka ibisubizo bya politiki birambye n’ubutabazi bwihuse bugamije kurengera abaturage no kugabanya ingaruka z’iyi ntambara ikomeje guhitana ubuzima bwa benshi.

Tags: 100AbasiviliBishweDarfulSudan
Share28Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
Leta ya Venezuela Yagize Icyo Itangaza ku Iburirwa Irengero rya Perezida Wayo, Ihakana Ibyatangajwe na Amerika

Cuba Yatangaje Urupfu rw’Abasirikare Imirongo mu Gikorwa cya Amerika cyafatiwemo Perezida Maduro

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?