• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda rwagaragaje impamvu runenga RDC irwanya umutwe wa M23.

minebwenews by minebwenews
January 22, 2025
in Regional Politics
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu runenga RDC irwanya umutwe wa M23.
96
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda rwagaragaje impamvu runenga RDC irwanya umutwe wa M23.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

U Rwanda binyuze muri minisitiri warwo w’ubabanye n’amahanga, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko biteye agahinda kubona ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bwirengangiza kurwanya imitwe y’iterabwoba nka ADF ihora yica abaturage bayo, hubwo igashyira imbaraga mu kurwanya m23 irajwe inshinga no kurengera abaturage b’iki gihugu bahora bicwa umunsi ku wundi.

Ni mu kiganiro cyabaye ku wa 21/01/2025, aho cyabereye ku cyicaro cy’u muryango w’Abibumbye kiri i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Iki kiganiro cyari icya kanama gashinzwe umutekano ku Isi, cyigaga ku buryo ubuyobozi bwa Afrika bwakubakirwa ubushobozi mu guhangana n’iterabwoba no gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye yo kurirwanya.

Muri icyo kiganiro, minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragaje uburyo akarere k’ibiyaga bigari gakomeje kuzahazwa n’ibikorwa by’iterabwoba cyane cyane bigizwemo uruhare n’imitwe irimo ADF ikorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ADF iri mu mitwe yagize uruhare runini mu bikorwa bitandukanye bihonyora uburenganzira bwa muntu muri RDC, aho umaze kwica abarenga 650 muri uyu mwaka wonyine gusa ushize(2024).

Yagize ati: “Nubwo bigaragara ndetse binateje ibyago, birababaje kubona Leta ya Kinshasa ihitamo kurenza amaso ibyo bikorwa by’iterabwoba ahubwo ikarwanya M23, iri kurwana mu kurengera abaturage Abanyekongo bahozwa ku nkenke, bicwa bakorerwa ivangura n’ibindi bibi.”

Yakomeje agira ati: “Aha ni ho tugera tukibaza tuti ‘ni uwuhe ufite uburenganzira bwo gusobanura iterabwoba iryo ariryo, ndetse ni iyihe mitwe igomba kwitwa iyiterabwoba mu Burasirazuba bwa RDC? Ese umuryango wa LONI ushobora gukoresha nabi iyi ngingo y’iterabwoba mu nyungu zayo, zaba iza politiki cyangwa iza diplomasi? Bigakorwa akanama ka LONI gashyinzwe umutekano karebera?”

Yanavuze kandi ko umutwe wa M23 uvuga ko uharanira mu kurinda Abanyekongo bambuwe uburenganzira n’ubutegetsi bw’iki gihugu, ngo kuko bicwa umunsi ku wundi bazira ubwoko bwabo.

Uyu minisitiri yatanze n’urugero avuga ko hari amazu y’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi arenga 300 yo mu gace ka Nturo yatwitswe n’abasirikare ba Leta ya Kinshasa mu mwaka ushize.

Yashimangiye ko ibibazo by’iterabwoba bitarandurwa mu gihe abantu bateshuka ku kugaragaza no kurwanya ababigiramo uruhare ba nyabo.

Maze yemeza ko umuryango mpuzamahanga ugomba kuzirikana ko kurwanya iterabwoba bishingira ku kutabogama, gutanga ubutabera bunoze no ku bushake bwuzuye bwokwimakaza amahoro.

Nduhungirehe yagaragaje ko ingorane Afrika iri guhura na zo zikomeye ndetse zikaba ziri mu buryo butandukanye, aho imitwe y’iterabwoba ifatanya n’ubuyobozi budashinga, kandi ugasanga ihoza abaturage mu bukene; avuga ko ibyo bituma haba ubusumbane ndetse n’amakimbirane adashyira.

Yasoje yerekana ko imipaka y’ibihugu byinshi by’Afrika itagenzuwe neza n’inzego zishinzwe umutekano ahenshi ziba zifite ubushobozi bujegajega, biri mu bituma iterabwoba rihabwa intebe.

Tags: ADFLoniM23RdcU Rwanda
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post

RDC yabujije ingendo zo mu mazi kubera umutekano muke.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?