• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 23, 2026
in Regional Politics
0
U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Rwanda Rwagaragaje Icyatuma Rukuraho Ingamba Zarwo z’Umutekano n’Ubwirinzi

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Guverinoma y’u Rwanda yashimangiye ko izakomeza gushyira mu bikorwa ingamba z’ubwirinzi n’umutekano mu gihe umutwe w’iterabwoba wa FDLR utarasenywa burundu n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ibi byatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Madamu Mathilde Mukantabana, mu kiganiro yagiranye n’abagize agashami ka Komite y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga, kakurikirana by’umwihariko ibibera ku Mugabane wa Afurika. Icyo kiganiro cyabaye tariki ya 22/01/2026.

Ambasaderi Mukantabana yasobanuye mu buryo burambuye inkomoko ya FDLR, amateka yayo ndetse n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byayiranze mu myaka irenga 31 ishize. Yibukije abo badepite ko mu mwaka wa 2001, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyize ALiR/FDLR ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba, nyuma y’igitero cyagabwe mu 1999 muri Pariki ya Bwindi muri Uganda, cyahitanye abakerarugendo umunani, barimo n’Abanyamerika.

Yagize ati: “Kugeza ubu, FDLR iracyakorera mu burasirazuba bwa RDC, yinjijwe mu bikorwa by’ingabo z’icyo gihugu, kandi raporo z’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikomeje kugaragaza uruhare rwayo mu bwicanyi n’ihungabana ry’umutekano. Uyu mutwe ugizwe n’abajenosideri wavutse mu 1994 ntiwigeze utsindwa burundu; warasigasiwe, urarindwa kandi ushyigikirwa na Leta za RDC zagiye zisimburana.”

Ambasaderi Mukantabana kandi yagaragaje ko hari ubufatanye bugaragara hagati y’ingabo za RDC na FDLR mu mirwano bahanganyemo n’ihuriro AFC/M23. Yongeyeho ko mu mpera z’umwaka wa 2025, izo ngabo zagabye ibitero mu Mujyi wa Rubavu bigamije kwambutsa intambara ku butaka bw’u Rwanda, ariko byose bikumirirwa ku gihe n’ingabo z’u Rwanda.

Yasobanuye ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho zigamije gusa kurinda umutekano w’abaturage barwo no gukumira ibyago bishobora kwambukiranya imipaka, ashimangira ko nta sano bifitanye no kwivanga muri politiki ya RDC cyangwa gushyigikira umutwe uwo ari wo wose urwanira intwaro muri icyo gihugu.

Ati: “Ibikorwa byacu bigamije kurinda ubuzima bw’Abanyarwanda no gukumira icyahungabanya umutekano w’igihugu. Izi ngamba zizagenda zivugururwa cyangwa zikurweho uko urwego rw’icyago ruzagenda rugabanuka, nk’uko biteganywa mu mushinga wo gushyira mu bikorwa amasezerano ya Washington.”

Ambasaderi Mukantabana yibukije kandi abadepite bo muri Amerika ko Leta ya RDC ifite inshingano zo gusenya burundu umutwe wa FDLR no gucyura abarwanyi bawo, nk’uko biteganywa n’amasezerano ya Washington yashyizweho umukono tariki ya 27/06/2025, akananasubirwamo anashimangirwa tariki ya 04/12/2025.

Yasoje ashimangira ko ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda zishingiye ku mpungenge zifatika ku mutekano w’igihugu, kandi ko zitazagumaho iteka ryose. Yijeje ko zizakurwaho igihe isuzuma ryigenga rizaba ryemeje ko Leta ya RDC yubahirije inshingano zayo zo gusenya FDLR no gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke mu karere.

Tags: AmericaFDLRIngamba ZubwirinziRdcRwanda
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

RDC Yongeye Kwikoma u Rwanda Bikomeye ku ruhare rushinjwa mu Mutekano Muke i Uvira

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?