Uganda: Ibinyamakuru Birimo Ibizwiho Kuba Bikomeye Byahagaritswe, Nyuma y’Ibwiriza rya Gen. Muhoozi Kainerugaba
Muhoozi Kainerugaba Yahagaritse Ibikorwa by’Ibigo Bikomeye by’Itangazamakuru muri Uganda, Impaka ku Bwisanzure bw’Itangazamakuru Zirushaho Gukara
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ibikorwa by’ibitangazamakuru bikomeye muri Uganda birimo NTV Uganda, Daily Monitor, KFM na Spark TV byahagaritswe nyuma y’uko abasirikare bagose ibiro bya Nation Media Group (NMG) biherereye i Kampala. Ibi byahise bikurura impaka zikomeye ku bwisanzure bw’itangazamakuru muri icyo gihugu.
Ibi byakurikiye amagambo yatangajwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (CDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, wavuze abinyujije ku rubuga X ko kuva mu mwaka wa 2017 Perezida Yoweri Kaguta Museveni yamuhaye ububasha bwo guhagarika ikinyamakuru cyangwa ikigo cy’itangazamakuru cyose abona kibangamiye inyungu z’igihugu. Yanavuze ko atemera “itangazamakuru ryigenga ridafite umurongo”, ashimangira ko itangazamakuru rikwiye kuyoborwa hakurikijwe amahame ya Leta.
Nyuma y’ayo magambo, abasirikare bahise boherezwa ku biro bya Nation Media Group, aho bahagaritse ibikorwa by’ibitangazamakuru biyibarizwamo. Ibyo byatumye televiziyo na radiyo zayo zihita zihagarika ibiganiro byari biri ku murongo.
Mu kindi cyakuruye impaka, Gen. Muhoozi yatangaje ko inzego z’umutekano ziri gushakisha Sue Nsibirwa, Umuyobozi Mukuru wa Nation Media Group Uganda. Mu butumwa yashyize ku rubuga X, yagize ati: “Turimo kumushakisha. Tuzamwigisha. Ntiyemerewe guteza akajagari mu gihugu cyacu.” Nyuma yaho yongeye gutegeka ko polisi yose yamufata igihe yaba imubonye.
Mu minsi yabanje iki cyemezo, ibitangazamakuru bya Nation Media Group byari byasohoye inkuru zitandukanye zagarukaga ku butumwa Gen. Muhoozi Kainerugaba yagiye anyuza ku rubuga X, harimo ubwo yavugagamo ko ashaka gufunga NTV Uganda na Daily Monitor, ndetse n’ibitekerezo bye ku ruhare rw’itangazamakuru muri Uganda. Byanasohoye inkuru zisesengura uburyo ayo magambo yakomeje guteza impungenge ku bwisanzure bw’itangazamakuru no ku mubano hagati y’inzego z’umutekano n’abanyamakuru.
Abasesenguzi bavuga ko guhagarika ibikorwa bya kimwe mu bigo bikomeye by’itangazamakuru muri Afurika y’Iburasirazuba bishobora kongera impaka ku iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’itangazamakuru muri Uganda. Amashyirahamwe aharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru na yo yatangiye kugaragaza impungenge kuri iki cyemezo.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Nation Media Group ntiburatangaza igihe ibitangazamakuru byabwo bizasubukurira ibikorwa, mu gihe na Leta ya Uganda itarashyira ahagaragara itangazo rirambuye risobanura ishingiro ry’iki cyemezo.





