• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 6, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Havuzwe icyatumye Twirwaneho igabwaho igitero cyaje kugwamo abarwanyi 10 bibumbiye mu cyiswe Wazalendo yo mu Rurambo.

minebwenews by minebwenews
June 26, 2024
in World News
0
Havuzwe icyatumye Twirwaneho igabwaho igitero cyaje kugwamo abarwanyi 10 bibumbiye mu cyiswe Wazalendo yo mu Rurambo.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Havuzwe icyatumye Twirwaneho igabwaho igitero cyaje kugwamo abarwanyi 10 bibumbiye mu cyiswe Wazalendo yo mu Rurambo.

You might also like

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Iki gitero cyabaye ku wa Mbere w’iki Cyumweru turimo(tariki ya 24/06/2024), kigabwe na Gumino ifatanije na Maï Maï, bakigaba ahitwa mu Bijojwe ahari Twirwaneho yarimo irindira umutekano abaturage ba Banyamulenge bari mu bikorwa byo gusarura imirima yabo.

Amakuru dukesha abaturage baturiye ibi bice byo mu Rurambo muri teritware ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo, avuga ko Abanyarurambo ahanini abo mu bwoko bw’Abanyamulenge bahinze ku misozi iherereye mu Marungu, Gitembe, Bibangwa no mu Bijojwe mu ntera y’ibirometro bike uvuye Nyarurambi aho Gumino na Maï Maï baturutse ubwo bagabaga iki gitero.

Bavuga ko iki gitero cyagabwe kuri Twirwaneho mu Bijojwe mu gihe yari yaherekeje Abagore gusarura imirima yabo yari hinze muri aka gace Gumino ivuga ko kari mu bice byo hafi naho bagenzura.

Basobanura ko iki gitero Maï Maï na Gumino bagikoze mu rwego rwo kugira ngo iyo mirima y’abaturage bayigarurire.

Gusa Twirwaneho yaje kurwana ku baturage no kwirwanaho, maze ikubita inshuro abarwanyi ba Gumino na Maï Maï, bamanuka umusozi wa Kanani bahunga bambutswa hakurya ari nako bakizwa n’amaguru biruka ukwabo kose.

Aha kuruzi rwa Kanani hanaguye abarwanyi ba Maï Maï 10 harimo n’umwe wo muri Gumino ufite ipeti rya Major, nk’uko iy’inkuru ikomeza ivugwa n’abaturiye ibyo bice.

Nyuma y’uko abarwanyi bibumbiye mu cyiswe Wazalendo bahunze mu mirwano yamaze iminota nka 50, abaturage bakomeje ibikorwa byo gusarura imirima yabo, kandi Twirwaneho irushyaho gukaza umutekano kugira ngo utongera guhungabanywa na Wazalendo.

Ubutumwa bwanditse twahawe bugira buti: “Imirwano yabaye ku wa Mbere, yabereye mu Bijojwe. Abaturage bagabweho igitero na Maï Maï ifatanije na Gumino.”

Bukomeza bugira buti: “Ubu Abaturage bari gusarura kuko Gumino na Maï bahungiye kw’i Remezo. Rwose twarabarashe kandi cyane barahunga kandi abenshi barapfuye barimo na Major wa Gumino.”

Ay’amakuru kandi avuga ko FDLR bikekwa ko yari mu ruhande rwa Gumino na Maï Maï, ndetse biranavugwa ko aba barwanyi bazwiho kuba barimo abasize bakoze genocide mu Rwanda bamaze kuba benshi mu bice bigenzurwa na Maï Maï mu misozi ya Uvira, Mwenga na Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

           MCN.
Tags: BijojweFDLRGuminoIgiteroMaï MaïRuramboWazalendo
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails

Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

by minebwenews
August 31, 2025
0
Kubera telefone minisitiri w’intebe wa Thailand yegujwe

Kubera telefone minisitiri w'intebe wa Thailand yegujwe Urukiko rw'ikirenga rwo muri Thailand rwafashe icyemezo cyo kweguza minisitiri w'intebe w'iki gihugu, Poetongtarn Shinawatra, kubera ikiganiro cya telefone yagiranye na...

Read moreDetails
Next Post
Umuryango wa Afrika y’Amajy’epfo, SADC, wongereye Ingabo zawo mu Burasirazuba bwa RDC kugira ngo bahashye M23.

Umuryango wa Afrika y'Amajy'epfo, SADC, wongereye Ingabo zawo mu Burasirazuba bwa RDC kugira ngo bahashye M23.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?