Afurika Iraharanira Isura Nyayo ku Ikarita y’Isi
Impinduka nshya mu mitekerereze y’ibihugu bya Afurika iri gufata indi ntera, aho Repubulika ya Togo yashyize imbere ikibazo kimaze imyaka myinshi kijyanye n’uko umugabane wa Afurika ugaragazwa ku ikarita y’Isi. Iyi gahunda igamije gukosora amakosa y’amateka yatumye Afurika igaragara mu buryo butajyanye n’ukuri k’ubuso bwayo, ibintu byagize ingaruka ku buryo isi iwufata no kuwutekerezaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Togo, Robert Dussey, yatangaje ko igihugu cye cyagejeje ku Muryango w’Abibumbye (Loni) icyifuzo cyo kuvugurura ikarita y’Isi ikoreshwa cyane ku rwego mpuzamahanga, by’umwihariko izwi nka Mercator projection. Yagaragaje ko iyi karita ituma Afurika igaragara nk’ifite ubuso buto cyane ugereranyije n’ubw’ukuri, bigatuma agaciro kayo kagabanywa mu myumvire rusange y’Isi.
Ikarita ya Mercator projection, yakozwe mu kinyejana cya 16 n’umuhanga Gerardus Mercator, yakomeje gukoreshwa cyane mu mashuri no mu bigo mpuzamahanga kubera koroshya kuyisoma no kuyifashisha mu byerekezo by’ubwato n’indege. Nyamara, imiterere yayo ituma ibice biri hafi y’inkengero z’amajyaruguru n’amajyepfo by’Isi bigaragara ari binini cyane kurusha uko bingana mu by’ukuri. Ibi bituma Afurika isa n’iyoroheje ugereranyije n’ibice nka Greenland, nyamara mu by’ukuri Afurika iruta Greenland inshuro zirenga 14 mu bunini.
Icyifuzo cya Togo cyahise gishyigikirwa n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), watangiye gusaba ibihugu 55 biwugize kureka gukoresha iyi karita mu nyandiko za leta no mu nyigisho. AU irahamagarira ibihugu gushyira imbere amakarita agaragaza neza ubunini n’imiterere nyayo by’umugabane wa Afurika, mu rwego rwo gukosora imyumvire imaze igihe kirekire ishingiye ku makosa y’amateka.
Imiryango itari iya leta na yo yinjiye muri uru rugamba, igaragaza ko ikibazo cy’amakarita atari icy’ubumenyi bw’isi gusa, ahubwo ari n’icy’imyumvire n’uburyo Afurika igaragara mu maso y’amahanga. Umuyobozi wa Africa No Filter, Moky, yagaragaje ko gukosora aya makosa ari intambwe ikomeye yo gusubiza Afurika agaciro kayo no kongera icyizere mu bayituye no mu bayireba.
Izi mpinduka zigaragaza ko Afurika itakiri mu mwanya wo kwemera uko amateka yayo yanditswe n’abandi, ahubwo ishaka kugira uruhare rugaragara mu kuyandika no gusobanura isura yayo ku rwego mpuzamahanga. Ni urugendo rugamije gusana amateka, guhindura imyumvire, no kwiyubakira icyizere gishingiye ku kuri.
Biteganyijwe ko imbanzirizamushinga ijyanye n’ivugururwa ry’ikarita y’Isi izagezwa imbere y’Inteko Rusange ya Loni mu kwezi kwa Nzeri 2026, aho ibihugu bigize uyu muryango bizagira ijambo ku hazaza h’amakarita akoreshwa ku rwego mpuzamahanga.
Iki gikorwa ntikigarukira gusa ku guhindura ishusho y’amakarita, ahubwo ni intambwe ikomeye mu guhindura uburyo Afurika ibonwa, kongera agaciro kayo, no gufungura amahirwe mashya mu bukungu, ishoramari no mu mibereho y’abaturage bayo. Afurika igaragajwe uko iri koko si imibare ihinduka gusa, ahubwo n’isura yayo mu maso y’Isi irushaho gukomera no guhabwa agaciro ikwiye.






