Nyuma y’aho Umwuka Wera Amanukiye Intumwa: Uko Pentekote Yahinduye Amateka y’Ubukirisitu n’Isi Yose
Pentekote ni umwe mu minsi ikomeye kandi w’amateka adasanzwe mu Bukirisitu, kuko ari wo munsi wahinduuriye ubuzima intumwa za Yesu Kristu ndetse ugatangiza ku mugaragaro ivuka ry’Itorero rya mbere. Nyuma y’aho Umwuka Wera amanukiye intumwa, ibintu byinshi byahise bihinduka mu buryo bwatangaje isi yose, kuko abari baruzuye ubwoba n’ihungabana bahindutse abantu bafite ubutwari, ukwizera n’imbaraga zo kwamamaza Inkuru Nziza hose.
Nk’uko biboneka mu gitabo cy’Ibyakozwe n’Intumwa, nyuma yo kuzuka kwa Yesu no gusubira mu ijuru, intumwa ze zari ziteraniye hamwe mu cyumba cy’i Yeruzalemu zisenga kandi zitegereje isezerano Yesu yari yarazihaye, ryo kuzoherezwa Umwuka Wera wari kuzazibera Umufasha, umuyobozi ndetse n’isoko y’imbaraga mu murimo wo kwamamaza ubutumwa bwa Kristu.
Ku munsi wa Pentekote, habaye ibintu bitangaje byahinduye amateka y’Ubukirisitu. Habaye umuyaga ukomeye uturutse mu ijuru, maze haboneka indimi zimeze nk’iz’umuriro zimanukira kuri buri ntumwa. Bose buzuzwa Umwuka Wera batangira kuvuga indimi zitandukanye nk’uko Umwuka yabahaga kuzivuga. Ibi byatangaje abantu benshi bari bateraniye i Yeruzalemu baturutse mu bihugu bitandukanye, kuko buri wese yumvaga intumwa zivuga mu rurimi rwe.
Nyuma y’icyo gikorwa gikomeye, intumwa zahise zihinduka burundu. Petero wari warigeze guhakana Yesu inshuro eshatu kubera ubwoba, yahise ahagarara imbere y’imbaga y’abantu ababwira ubutumwa bwa Kristu ashize amanga kandi nta bwoba afite. Uwo munsi abantu basaga ibihumbi bitatu bemeye Kristu barabatizwa, bityo Itorero ritangira gukwira hirya no hino ku isi.
Umwuka Wera ntiyahinduye gusa imitima y’intumwa, ahubwo wanazihaye impano zidasanzwe zirimo ubwenge, ubushishozi, gukiza abarwayi, kuvuga no gusobanura indimi, ndetse no kugira umutima w’urukundo no kubabarira. Intumwa zatangiye gukora ibitangaza byinshi no kwamamaza ubutumwa bwa Yesu mu bihugu bitandukanye, nubwo zahuraga n’itotezwa rikomeye ndetse n’ingaruka zikomeye zaturukaga ku bayobozi batifuzaga ukwiyongera kw’Abakirisitu.
Mu mateka y’Ubukirisitu, Pentekote ifatwa nk’umunsi Itorero ryavukiyeho ku mugaragaro. Ni wo munsi watangije urugendo rwo kwamamaza Inkuru Nziza kugeza ku migabane yose y’isi. Abakirisitu benshi bemera ko Umwuka Wera ari we ukomeza kuyobora Itorero, guhumuriza abayoboke ba Kristu no kubafasha kubaho ubuzima bushingiye ku rukundo, amahoro n’ukuri.
No muri iki gihe cya none, abakirisitu bakomeza kwizera ko Umwuka Wera afite uruhare rukomeye mu mibereho yabo ya buri munsi. Bavuga ko abafasha gutsinda ibigeragezo, gukomera mu kwizera no gufata ibyemezo byiza. Ni we kandi ubaha impano zitandukanye zo gukorera Imana no gufasha abandi.
Abayobozi b’amadini n’amatorero bakomeje kwigisha ko Umwuka Wera atanga amahoro mu mutima, akagarurira abantu ibyiringiro ndetse akabafasha kuba abantu b’urukundo, ubworoherane n’ubumwe. Mu isi ikunze kurangwa n’intambara, urwango n’amacakubiri, abakirisitu bahamya ko Umwuka Wera ari isoko y’imbaraga zo kubanisha abantu neza no kubayobora mu nzira y’ukuri.
Pentekote rero si ukwibuka amateka gusa, ahubwo ni umwanya wo kongera gusaba Imana kuzuza abantu Umwuka Wayo kugira ngo babashe kubaho ubuzima bushya burangwa n’urukundo, ubutwari no gukora icyiza. Ni umunsi wibutsa abakirisitu ko Imana idatererana abayizera, ahubwo ibaha imbaraga zo gukomeza urugendo rw’ukwemera no guhindura isi binyuze mu bikorwa byiza no kwamamaza ubutumwa bw’amahoro.






