Nyuma y’aho Umwuka Wera Amanukiye Intumwa, Ubuzima Bwazo Bwarahindutse, Itorero Ritangira Kugira Imbaraga Zidasanzwe — Inyigisho zatanzwe na Sibomana
Mu mateka y’Ubukirisitu, umunsi wa Pentecost ufatwa nk’umwe mu minsi yahinduye isi n’itorero rya Kristo mu buryo budasanzwe. Ni umunsi intumwa za Yesu Kristo zakiriye Umwuka Wera nk’uko zari zarabisezeranyijwe, maze zitangira umurimo wo kwamamaza ubutumwa bwiza zifite imbaraga, ubutwari n’ubushishozi bituruka ku Mana.
Izi nyigisho zatanzwe na Aimable Sibomana uzwi cyane ku izina rya Bravo, umwe mu banyamuryango b’ikinyamakuru Minembwe Capital News, binyuze mu nyandiko yanyujije kuri iki kinyamakuru.
Bravo yagaragaje ko ku munsi mukuru wa Pentecost, abigishwa ba Yesu bari bateraniye hamwe i Yerusalemu basenga kandi bategereje isezerano bari barahawe na Yesu Kristo mbere yo gusubira mu ijuru. Bari bafite umutima wo gutegereza no kwizera, bazi neza ko hari icyo Imana igiye gukora mu buzima bwabo.
Mu buryo butunguranye, humvikanye urusaku rumeze nk’umuyaga ukomeye uturutse mu ijuru, maze Umwuka Wera arabamanukira. Bibiliya ivuga ko bose bahise buzuzwa imbaraga zidasanzwe, batangira kuvuga mu ndimi zitandukanye no kwamamaza ubutumwa bwiza nta bwoba bafite.
Ibyakozwe n’Intumwa 2:4
“Nuko bose buzuzwa Umwuka Wera.”
Uyu munsi wa Pentecost wabaye intangiriro y’itorero rifite imbaraga z’Imana ndetse n’itangizwa ry’umurimo ukomeye wo kwamamaza ubutumwa bwiza ku isi yose.
Petero Yahindutse Umuntu Mushya
Mbere y’uko Umwuka Wera amanukira intumwa, Petero yari yarigeze gutinya no guhakana Yesu inshuro eshatu kubera ubwoba bw’abantu. Ariko nyuma yo kuzuzwa Umwuka Wera, yahindutse umuntu mushya wuzuye ubutwari n’icyizere.
Yahagurutse imbere y’imbaga y’abantu abwiriza ubutumwa bwa Kristo ashize amanga, ibintu byatumye abantu benshi bakorwaho n’Imana maze bihana ibyaha byabo. Uwo munsi, abantu basaga ibihumbi bitatu bemeye Kristo maze barabatizwa.
Ibi byagaragaje ko iyo Umwuka Wera amanutse mu muntu, ahindura imibereho ye, imitekerereze ye ndetse n’uburyo abona isi n’umurimo w’Imana.
Pentecost si amateka gusa yo muri Bibiliya, ahubwo ni ikimenyetso cy’uko Imana ishobora guhindura umuntu wese uyegereye n’umutima we wose.
Nyuma yo guhabwa Umwuka Wera, intumwa zatangiye gukora ibitangaza, gukiza abarwayi, guhumuriza abihebye no kwamamaza ubutumwa bwiza mu bice byinshi by’isi. Nta gukangishwa, nta gufungwa cyangwa ibigeragezo byabashoboye kuko bari bafite imbaraga z’Umwuka Wera.
Ibi byatumye Ubukirisitu bukwira hose ku isi, kandi itorero ritangira gukomera no kwaguka umunsi ku wundi.
Nk’uko byabaye ku ntumwa za Yesu, no muri iki gihe Imana iracyifuza ko abantu bayegera bakakira Umwuka Wera kugira ngo babe abana bayo nyakuri.
Umuntu wuzuye Umwuka Wera arangwa n’urukundo, amahoro, kwicisha bugufi, imbabazi no kuvugisha ukuri. Imyitwarire ye iba ishimisha Imana kandi ibikorwa bye bikabera abandi umugisha.
Abagalatiya 5:22
“Ariko imbuto z’Umwuka ni urukundo, ibyishimo, amahoro…”
Iyo Umwuka Wera atuye mu muntu, ubwoba buhinduka ubutwari, inzika zigahinduka imbabazi, agahinda kagahinduka ibyiringiro, kandi umutima ukuzura amahoro y’Imana.
Pentecost itwigisha ko umuntu adakwiye kubaho yiringira imbaraga ze gusa, ahubwo akwiriye kwemera kuyoborwa n’Umwuka Wera mu buzima bwa buri munsi.
Itwibutsa kandi ko Imana ishobora gukoresha umuntu uwo ari we wese wicishije bugufi kandi wemeye kuyoborwa na Yo. Nk’uko yahinduye intumwa zari zisanzwe zifite intege nke, ni ko n’uyu munsi ishobora guhindura ubuzima bw’umuntu wese uyegera mu kuri no mu kwizera.
Aho Byanditswe Muri Bibiliya
- Ibyakozwe n’Intumwa 2:1-13
- Yohana 14:26
- Yoweli 2:28-29
- Abagalatiya 5:22






