Icyo Perezida Trump yatangaje nyuma yo kurokoka igitero cyagabwe aho yari ari
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru, igitero cy’umuntu witwaje imbunda yo mu bwoko bwa shotgun cyahungabanyije ibirori bikomeye bya White House Correspondents’ Dinner, bisanzwe bihuriza hamwe abanyamakuru bakomeye, abayobozi ba politiki ndetse n’ibyamamare bitandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Amakuru yatangajwe n’umunyamakuru wa Reuters, Bo Erickson, wari uri aho ibi byabereye, yagaragaje ko uwo mugabo yamishe urufaya rw’amasasu ahari hateraniye abantu muburyo butunguranye agamije kurasa abashinzwe umutekano bari hafi y’aho Perezida yarari. Ibi byateye ubwoba bwinshi mu bitabiriye ibirori, bamwe bagahita bashakisha aho bihisha mu gihe abandi bahungishwaga byihuse.
Erickson yasobanuye ko mu kanya gato cyane, abakozi bashinzwe kurinda Perezida (Secret Service) bahise bitabira icyo kibazo mu buryo bwihuse kandi bufatika. Perezida Donald Trump yahise akurwa aho yari ari ajyanwa ahantu hizewe, mu rwego rwo kumurinda ibyago bishoboka.
Nyuma y’ibi byabaye, Erickson yabajije Perezida Trump niba yumva abashinzwe umutekano bakoze akazi kabo uko bikwiye mu kumurinda. Mu gusubiza, Trump yagize ati: “Nishimiye cyane uburyo Secret Service yitwaye. Bakoze akazi kadasanzwe.” Aya magambo agaragaza ukwishimira uburyo inzego z’umutekano zabyitwayemo, n’ubwo byabaye mu buryo butunguranye.
Nubwo igitero cyateye impungenge, amakuru y’ibanze yerekana ko cyahise gicungirwa hafi, ntihagira abantu benshi bakomereka cyangwa bahasiga ubuzima. Inzego z’umutekano zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane impamvu nyayo y’icyo gitero, umwirondoro w’uwagikoze ndetse n’icyo yari agamije.
Ibi byabaye byongeye kugaragaza ko n’ahantu hafatwa nk’ahizewe cyane hashobora kugerwamo n’ibikorwa by’urugomo, bikaba bisaba ko umutekano ukomeza gukazwa cyane, cyane cyane mu birori bikomeye bihuriramo abantu benshi b’ingeri zitandukanye.
Abasesenguzi mu by’umutekano bavuga ko nubwo ibikorwa by’ubwirinzi muri Amerika bikomeye, hakiri imbogamizi zijyanye n’abantu ku giti cyabo bashobora gukora ibikorwa by’ihohoterwa batunguranye. Ibi bisaba kongera ubwirinzi bushingiye ku makuru y’iperereza n’ikoranabuhanga rigezweho.
Mu gihe iperereza rigikomeje, Abanyamerika n’isi muri rusange bakomeje gukurikiranira hafi iby’iki gitero, mu rwego rwo kumenya neza ukuri kw’ibyabaye n’ingamba zizafatwa mu gukumira ko ibyabaye byakongera kubaho mu gihe kiri imbere.





