Ifungwa ry’uwiyita “General” Fyeka ryahinduye Uvira indiri y’imirwano
Mu mujyi wa Uvira, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hongeye kugaragara umwuka mubi w’umutekano uterwa n’amakimbirane akomeye hagati y’imitwe yitwaje intwaro yibumbiye mu ihuriro rizwi nka Wazalendo, rizwiho gukorana bya hafi n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi.
Amakuru yizewe aturuka muri aka gace avuga ko ifungwa ry’uwiyita “General” James Fyeka Adui ari ryo ryabaye imbarutso y’imirwano n’akajagari byafashe indi ntera mu mujyi wa Uvira. Uyu Fyeka yafashwe n’abarwanyi bagenzi be bayobowe na “General” Namutaga Omari, nyuma yo gushinjwa kugaba igitero ku birindiro byabo.
Bivugwa ko Fyeka yahise afatwa akajyanwa gufungirwa mu kigo kizwi nka Bureau II i Uvira, aho kugeza ubu agifungiye. Ifungwa rye ryahise rikurura uburakari bukomeye mu barwanyi bamushyigikiye, bahita bisuganya batangira kurasa amasasu yo kwihorera.
Mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki ya 05/05/2026, urusaku rw’amasasu rwaranze ibice bitandukanye by’umujyi wa Uvira, aho abarwanyi bashyigikiye Fyeka barashe cyane berekeza ku birindiro biyobowe na Namutaga Omari. Abaturage benshi bagaragaje impungenge zikomeye, bamwe bahitamo guhunga ingo zabo mu rwego rwo kwirinda kugirwaho ingaruka n’iyo mirwano.
Aya makimbirane hagati y’imitwe ya Wazalendo si mashya, kuko amakuru agaragaza ko hari hashize iminsi humvikana ubushyamirane bushingiye ku kutumvikana ku buyobozi, inyungu n’imikorere y’iyo mitwe. Icyakora, ibyabaye ku wa 04/05/2026 byatumye ayo makimbirane afata indi ntera, agaragara mu buryo bw’imirwano yeruye hagati y’impande zihanganye.
Abasesenguzi b’akarere bagaragaza ko aya makimbirane ashobora kurushaho guhungabanya umutekano muri Uvira no mu bice biyikikije, cyane cyane mu gihe igisirikare cya Leta (FARDC) gikomeje guhangana n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) na MRDP-Twirwaneho muri Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru.
Kugeza ubu, nta rwego rwa Leta ruratangaza ku mugaragaro igihagararo cyarwo kuri ibi bibazo bishya, mu gihe abaturage bakomeje gusaba ubuyobozi bw’igihugu gufata ingamba zihutirwa zo kugarura umutekano no gukumira amakimbirane akomeje gututumba muri Wazalendo.
Muri rusange, uko ibintu bihagaze ubu i Uvira, ni uko umutekano ukomeje kuba muke bitewe n’ayo makimbirane yo hagati mu mitwe yitwaje intwaro, ibintu bishobora gukomeza kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abaturage n’ituze rusange ry’akarere.







