• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, May 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
May 7, 2026
in Conflict & Security
0
Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi
62
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

You might also like

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne sera pas rétablie sur l’ensemble du territoire national, en particulier dans l’Est du pays.

Mu gihe ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bukomeje kuvuga iby’umutekano, haravugwa indi nkuru y’igitero cyagabwe n’umutwe wa Wazalendo (Mai Mai) mu gace ka Bibogobogo, ibintu bikomeje gutera impungenge abaturage bavuga ko umutekano ukiri ikibazo gikomeye.

Amakuru aturuka mu misozi ya Bibogobogo, muri teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, avuga ko mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu tariki ya 06/05/2026, abarwanyi ba Wazalendo (Mai Mai) bayobowe n’uwitwa Nshoreyingabo bagabye igitero mu muhana wa Bijanda, aho bashakaga kunyaga inka z’Abanyamulenge batuye muri ako gace.

Nk’uko abaturage bahatuye babitangaje, aba barwanyi bageze muri uwo muhana mu masaha y’ijoro batangira kurasa abaturage n’abarindaga amatungo, ariko bahura n’ubwirinzi bwabakomye imbere bituma habaho kurasana kwakanya gato.

Amakuru yizewe avuga ko abo barwanyi bahise baraswa birangira bahunze berekeza mu bice bituwe n’Abapfulero, mu gace ka Kwasebasaza, adashoboye gutwara amatungo yari yaje kunyaga.

Umwe mu baturage wavuganye na Minembwe Capital News yagize ati:

“Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Mai Mai iyobowe na Nshoreyingabo yinjiye mu muhana wa Bijanda ishaka kwiba inka. Kubw’amahirwe, abungeri bari maso. Bahise barasana, Mai Mai irahunga yerekeza mu gace ko Kwasebasaza. Yahunze nta nka itwaye, ahubwo isiga magazines eshatu zuzuye amasasu ya AK-47.”

Amakuru kandi avuga ko muri uko guhunga, abo barwanyi basize magazines eshatu zuzuye amasasu y’imbunda yo mu bwoko bwa AK-47, ibintu abaturage bafata nk’ikimenyetso cy’uko bahunze bafite ubwoba bwinshi nyuma yo guhangana n’abungeri bayo matungo.

Iki gitero kibaye mu gihe agace ka Bibogobogo kavugwamo kuba kari mu maboko y’ingabo za FARDC zifatanyije n’abasirikare b’u Burundi. Ibyo byatumye abaturage benshi bibaza impamvu abo basirikare batatabaye abaturage mu gihe icyo gitero cyabaga.

Hari abavuga ko kuba Mai Mai ikibasha kugaba ibitero muri ako gace bigaragaza ko ikibazo cy’umutekano kitarakemuka burundu, nubwo hari ibikorwa bya gisirikare bimaze igihe bikorwa muri Fizi, Minembwe n’utundi duce twa Kivu y’Amajyepfo.

Iki gitero kandi kibaye hashize igihe gito muri Bibogobogo habereye ibiganiro byari byitabiriwe n’umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi ushinzwe ibijyanye n’umutekano, Jacques Kongolo, wari kumwe na Général William Amuri Yakutumba wo Muri Wazalendo.

Ibyo biganiro byari bigamije gushishikariza abaturage, cyane cyane Abanyamulenge n’andi moko atuye muri ako karere, gushyigikira ubutegetsi bwa Kinshasa no kwizera ko umutekano uzagaruka.

Muri ibyo biganiro, Jacques Kongolo yari yavuze ko Leta ya Kinshasa itazihanganira imitwe yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya abaturage, ashimangira ko ibikorwa byo kunyaga amatungo no kwica abaturage bizahagarara.

Ku ruhande rwe, Général Yakutumba nawe yari yavuze ko abaturage batagomba gukomeza kubaho mu bwoba bwo kunyagwa inka cyangwa kugabwaho ibitero.

Nubwo hari ibyo Leta isezeranya, abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bavuga ko bagifite impungenge zikomeye z’umutekano. Bamwe bavuga ko imitwe ya Mai Mai n’abayishyigikiye igikomeje kuba ikibazo gikomeye mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Abaturage bavuga ko icyo bifuza atari amagambo gusa, ahubwo ari ibikorwa bifatika byatuma bashobora kuragira amatungo yabo no gukora imirimo yabo nta bwoba bwo kugabwaho ibitero nijoro.

Kuri ubu, amakuru ava muri Bibogobogo avuga ko umwuka w’umutekano ukomeje kuba mubi, aho abaturage benshi bakomeje kurara bari maso kubera impungenge z’ibitero bishobora kongera kugabwa muri ako gace kari kamaze igihe karangwamo amakimbirane ashingiye ku mutekano n’amoko atuye muri ako karere.

Tags: BibogobogoMai MaiUmutekano
Share25Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Kwimura ijambo rya Perezida Tshisekedi rishyirwa ku wundi munsi byateje impaka—ni iki cyihishe inyuma?

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare Mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC),...

Read moreDetails

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises Alors que les autorités de la République...

Read moreDetails

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne sera pas rétablie sur l’ensemble du territoire national, en particulier dans l’Est du pays.

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne...

Read moreDetails

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

by Bahanda Bruce
May 6, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko amatora rusange ateganyijwe mu mwaka wa...

Read moreDetails

Uvira: Colonel wa Wazalendo Yiciwe mu Mirwano Ikomeye, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Nkengero z’Umujyi

by Bahanda Bruce
May 6, 2026
0
Uvira: Colonel wa Wazalendo Yiciwe mu Mirwano Ikomeye, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Nkengero z’Umujyi

Uvira: Colonel wa Wazalendo Yiciwe mu Mirwano Ikomeye, Umutekano Ukomeje Kuzamba mu Nkengero z’Umujyi Mu gihe umutekano ukomeje kuba muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?