Impungenge Ziyongereye muri Kivu y’Epfo Nyuma y’Ifungwa ry’Umuhanda RN5: Ubucuruzi n’Ibikorwa by’Ubutabazi Byakomwe mu Nkokora
Ingendo n’ibikorwa by’ubucuruzi hagati y’umujyi wa Bukavu n’uwa Uvira byongeye guhagarara nyuma y’ifungwa ry’umuhanda wa RN5, wafungiwe mu bice bya Luvungi. Iki cyemezo cyo gufunga uyu muhanda cyafashwe n’umuyobozi w’intara ya Kivu y’Amajyepfo, Guverineri Jean Jacques Elakano. Iri fungwa ry’uyu muhanda rifatwa nk’inkingi y’ubuhahirane n’itumanaho hagati y’ibi bice byombi, rikomeje guteza impungenge zikomeye mu baturage ndetse no mu miryango itegamiye kuri Leta.
Amakuru aturuka mu miryango ya sosiyete sivile avuga ko guhera mu gitondo cyo ku munsi w’ejo, tariki ya 15/05/2026, imodoka nini ziturutse i Uvira zafungiwe i Luvungi, bituma ibikorwa byo gutwara abantu n’ibintu bihagarara mu buryo butunguranye. Ibi byagize ingaruka zikomeye ku bagenzi berekezaga i Bukavu cyangwa i Uvira, aho bamwe bahisemo kunyura mu nzira zo mu misozi kugira ngo babashe kugera iyo bajyaga.
Abagize sosiyete sivile muri ako gace bavuze ko imodoka zitwara abagenzi n’amabisi byahagaritswe muri uwo muhanda, ibintu byateye urujijo n’umutekano muke mu baturage. Bagaragaje ko bamwe mu bagenzi batangiye gukoresha inzira zigoranye zinyura mu misozi, zirimo umuhanda wa Luvungi–Lubarika–Munanira–Kaziba–Nyangezi kugira ngo babashe kugera i Bukavu.
Mbere y’ishyirwa mu bikorwa ry’iki cyemezo, Visi Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo yari yatangaje ko ubuyobozi bwafashe umwanzuro wo guhagarika urujya n’uruza ku muhanda wa RN5 kubera impamvu z’umutekano.
Yagize ati: “Twebwe nka guverinoma y’intara twaricaye tubyigaho maze dufata icyemezo cyo guhagarika traffic kuri RN5, nk’uko byari bimeze ku bantu bavaga i Bukavu berekeza i Uvira.”
Amakuru atangwa n’abasesenguzi mu bya politiki n’umutekano muri Kivu y’Epfo agaragaza ko ifungwa ry’uyu muhanda rifitanye isano n’ihinduka ry’umutekano ryabaye muri ako karere nyuma y’uko AFC/M23 ikuye abasirikare bayo i Luvungi, ndetse n’urupfu rw’umwe mu barwanyi ba Wazalendo nyuma y’imirwano yabereye muri ako gace.
Ibi byatumye ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo bushimangira ko hari impungenge z’uko uwo muhanda ushobora kongera gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare cyangwa mu kwimura abarwanyi n’intwaro, bituma hafatwa icyemezo cyo kuwufunga by’agateganyo nk’ingamba zo kugenzura umutekano.
Ifungwa rya RN5 rikomeje gushyira Uvira mu bwigunge bukomeye kuko uyu mujyi usanzwe ushingiye cyane kuri Bukavu mu bijyanye n’ibicuruzwa, ibikomoka ku buhinzi, ibikomoka ku nganda ndetse n’ibikoresho by’ibanze nk’imiti, ibiribwa na lisansi.
Abacuruzi bavuga ko ibiciro bishobora kuzamuka cyane mu gihe uyu muhanda wakomeza gufungwa igihe kirekire. Hari kandi impungenge ko ibitaro n’ibigo by’ubutabazi bishobora kubura ibikoresho by’ibanze kubera ihagarara ry’itangwa ry’ibicuruzwa.
Abaturage bo muri ako karere bavuga ko kongera kunyura mu nzira zo mu misozi bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, cyane cyane ko zimwe muri izo nzira zigenzurwa na Wazalendo na FDLR, basanzwe babangamira abaturage.
Imiryango itandukanye ya sosiyete sivile muri Kivu y’Amajyepfo yasabye ubuyobozi kongera gufungura RN5 byihuse, cyane cyane ku mpamvu z’ubutabazi n’ibikorwa by’ubucuruzi bw’ibanze.
Iyi miryango ivuga ko, nubwo ikibazo cy’umutekano gihari, gufunga umuhanda w’ingenzi nk’uyu bishobora kurushaho kuzamura ibibazo by’ubukene, inzara n’ihungabana ry’ubuzima bw’abaturage basanzwe bamaze igihe bahura n’ingaruka z’intambara n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abasesenguzi bagaragaza ko ifungwa rya RN5 rishimangira uburyo ikibazo cy’umutekano muri Kivu y’Epfo gikomeje kugira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, ndetse kikerekana n’uburyo ubuyobozi bwa Kinshasa bukomeje gufata ingamba za gisirikare ziremereye zishobora kugira ingaruka ku bukungu no ku bwisanzure bw’ingendo z’abaturage.






