Masisi: AFC/M23 Yaguye Ibice Igenzura Nyuma y’Imirwano Ikomeye na FARDC n’Abambari Bayo
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Mu gihe intambara ikomeje guhindura isura y’umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), amakuru ava muri teritwari ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aragaragaza ko ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryafashe ubuyobozi bw’uduce twa Nkingwe na Malemo nyuma y’imirwano ikomeye yabahanganishije n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC), zifatanyije n’imitwe ya Wazalendo ndetse na FDLR.
Imirwano yatangiye ku tariki ya 12/072026, ikomeza kugeza kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15/07/2026. Nyuma y’iyo mirwano, ingabo za FARDC n’abo bafatanya zasubiye inyuma ziva muri Nkingwe na Malemo, maze AFC/M23 ihita ifata ubuyobozi bw’utwo duce.
Nubwo bamwe mu bayobozi ba FARDC batangaje ko icyo gikorwa cyari “ugusubira inyuma mu buryo bwa gisirikare” (repli stratégique) kugira ngo bongere gutegura ingabo zabo, amakuru aturuka ahantu hatandukanye avuga ko uku kuva muri ibyo bice kwabaye nyuma y’umuvuduko ukomeye w’ibitero bya AFC/M23, byatumye ingabo za Leta n’abo bafatanya ziva ku birindiro byazo.
AFC/M23 ikomeje gutangaza ko ibikorwa byayo bigamije kwagura ibice igenzura no gukomeza ibikorwa bya gisirikare muri Masisi no mu tundi duce two mu burasirazuba bwa RDC. Ku rundi ruhande, ubuyobozi bwa FARDC bukomeza kuvuga ko burimo gusubiza ingabo zabwo inyuma no gutegura izindi gahunda za gisirikare.
Abaturage batuye hafi y’umurongo w’imirwano bavuga ko bakomeje kuba mu bwoba, kuko impande zombi zikomeje kwegeranya ingabo n’ibikoresho bya gisirikare, ibintu bishobora gutuma imirwano yongera kubura umwanya uwo ari wo wose.
Abasesenguzi b’umutekano bavuga ko uko ibintu bihagaze muri Masisi bikomeje kugaragaza ko intambara yo mu burasirazuba bwa RDC igifite ubukana, kandi ko impinduka z’ibice bigenzurwa n’impande zihanganye zishobora gukomeza kugira ingaruka zikomeye ku baturage, zirimo kwimurwa mu byabo, kubura ibiribwa, no kurushaho gukomera kw’ibibazo by’ubutabazi.
Mu gihe igisubizo cya politiki kirambye kigitegerejwe, teritwari ya Masisi ikomeje kurangwa n’umutekano muke, mu gihe umubare w’abimurwa n’intambara ukomeje kwiyongera.





