• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, July 26, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Menya amateka ya Rev. Mudagiri Tabazi witabye Imana

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 27, 2025
in Religion
0
Menya amateka ya Rev. Mudagiri Tabazi witabye Imana
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Menya amateka ya Rev. Mudagiri Tabazi witabye Imana

You might also like

“Impaka zikomeye mu bakirisitu: Apôtre Gitwaza yavuze icyo atekereza ku muco wo gutera ivi mu gihe cyo gusaba uwo muzabana”

Agahinda Mu Giterane cya Chris Ndikumana: Umubyigano Wahitanye Abatari Bake, Abandi Barakomereka—Ubutegetsi Bwasohoye Itangazo ku Byabaye

Amateka mu Minembwe: Ibihumbi Byitabiriye Igiterane cya Apostle Alice, Ubutumwa bw’Ihumure n’Icyizere Bukora ku Mitima ya Benshi

Reverend Mudagiri Tabazi, umwe mu bakozi b’Imana bubashywe cyane mu Banyamulenge no mu yandi moko yo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu bihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari, yitabye Imana ku wa gatatu tariki ya 26/11/2025, azize indwara ya kanseri, nk’uko byemejwe n’umwe mu bagize umuryango we.

Rev. Mudagiri Tabazi, yapfuye afite imyaka 83, azwi nk’umuvugabutumwa w’umunyamurava witanze mu murimo w’Imana mu gihe kirenga imyaka 60. Amateka ye yerekana ko yari umushumba wicishaga bugufi kandi ufite ubuhamya bwihariye bw’ubwitange n’ukwizera gukomeye.

Yavukiye i MIGERA mu 1942. Mu buhamya butangwa n’abamuzi bya hafi, bavuga ko yatangiye kuzuzwa Umwuka Wera akiri umwana muto, afite imyaka 11 mu mwaka wa 1953—ibi bikaba byarafatwaga n’umuryango we n’itorero nk’ikintu kidasanzwe.

Nyuma yo gukura, yize amasomo mu ishuri rya Bibiliya rya Bukavu, aho yakuye diplôme mu bijyanye na théologie mu 1976. Azwi kandi nk’Umunyamulenge wa mbere wigishije mu shuri rya Bibiriya, akazi yatangiye mu 1973.

Yabaye umwigisha w’ishuri rya Bibiliya mu bihe bitandukanye: 1973–1974 na 1976–1978. Hagati ya 1985 na 1998, yabaye umwigisha ndetse n’umuyobozi w’ishuri rya Bibiliya rya Bijombo, rimwe mu mashuri yatojemo abavugabutumwa benshi b’i mu Mulenge no mu karere kose.

Rev. Mudagiri yabaye umushumba w’itorero rya Bijombo mu gihe kirenga imyaka 30, akagira uruhare rukomeye mu kubaka itorero no kurikomeza.

Yanabaye kandi:Umuyobozi wa District ya Bijombo kuva mu 1985 kugeza mu 2009, ndetse kandi Yanabaye umujyanama w’itorero rya 37ème CADC mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo guhera mu 1981 kugeza mu 1998.

Yahawe kandi n’inshingano zo kureba Paroisse ya CADC i Bujumbura mu Burundi.
Umurimo we w’ubuyobozi wagaragaye cyane mu bikorwa byo guhuza abantu, kubaka itorero no gutanga amahugurwa y’abavugabutumwa n’abashumba batandukanye.

Mu mwaka wa 1978, ubwo représentant wa 8ème CEPAC muri Kivu y’Amajyepfo, Ruhigita, yatangaga amacentres mashya ku baturage b’i mu Mulenge, Rev. Mudagiri Tabazi yari mu bahawe icyizere gikomeye. Icyo gihe yatanzw amacentres ane:

  1. Centre ya Bijojwe – yahawe Rév. Rugabirwa Amon
  2. Centre ya Bijombo – yahawe Rév. Mudagiri Tabazi
  3. Centre ya Kabara – yahawe Rév. Rwizihirwa Samson
  4. Centre ya Minembwe – yahawe Rév. Makombe David

Ibi bigaragaza uruhare rwe rufatika mu iterambere ry’itorero no mu muryango w’Abanyamulenge muri rusange.

Rev. Mudagiri Tabazi asigiye itorero n’akarere ka Kivu y’Amajyepfo umurage ukomeye w’ivugabutumwa, ubunyangamugayo, n’urukundo yakundaga abantu bose.

Tags: Rv.mudagiri
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Impaka zikomeye mu bakirisitu: Apôtre Gitwaza yavuze icyo atekereza ku muco wo gutera ivi mu gihe cyo gusaba uwo muzabana”

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
“Impaka zikomeye mu bakirisitu: Apôtre Gitwaza yavuze icyo atekereza ku muco wo gutera ivi mu gihe cyo gusaba uwo muzabana”

“Impaka zikomeye mu bakirisitu: Apôtre Gitwaza yavuze icyo atekereza ku muco wo gutera ivi mu gihe cyo gusaba uwo muzabana” MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umushumba Mukuru w’Itorero Zion...

Read moreDetails

Agahinda Mu Giterane cya Chris Ndikumana: Umubyigano Wahitanye Abatari Bake, Abandi Barakomereka—Ubutegetsi Bwasohoye Itangazo ku Byabaye

by Bahanda Bruce
July 20, 2026
0
Agahinda Mu Giterane cya Chris Ndikumana: Umubyigano Wahitanye Abatari Bake, Abandi Barakomereka—Ubutegetsi Bwasohoye Itangazo ku Byabaye

Agahinda Mu Giterane cya Chris Ndikumana: Umubyigano Wahitanye Abatari Bake, Abandi Barakomereka—Ubutegetsi Bwasohoye Itangazo ku Byabaye MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Abantu umunani (8) bapfuye, mu gihe abandi icyenda...

Read moreDetails

Amateka mu Minembwe: Ibihumbi Byitabiriye Igiterane cya Apostle Alice, Ubutumwa bw’Ihumure n’Icyizere Bukora ku Mitima ya Benshi

by Bahanda Bruce
July 19, 2026
0
Amateka mu Minembwe: Ibihumbi Byitabiriye Igiterane cya Apostle Alice, Ubutumwa bw’Ihumure n’Icyizere Bukora ku Mitima ya Benshi

Amateka mu Minembwe: Ibihumbi Byitabiriye Igiterane cya Apostle Alice, Ubutumwa bw'Ihumure n'Icyizere Bukora ku Mitima ya Benshi MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Kuri iki Cyumweru, mu gace ka Minembwe...

Read moreDetails

MINEMBWE: Igitaramo Cyo Gushima Imana Cyahurije Abantu Benshi ku Mutanoga, Hatangwa Ubutumwa bw’Ibyiringiro n’Amahoro

by Bahanda Bruce
July 17, 2026
0
MINEMBWE: Igitaramo Cyo Gushima Imana Cyahurije Abantu Benshi ku Mutanoga, Hatangwa Ubutumwa bw’Ibyiringiro n’Amahoro

MINEMBWE: Igitaramo Cyo Gushima Imana Cyahurije Abantu Benshi ku Mutanoga, Hatangwa Ubutumwa bw'Ibyiringiro n'Amahoro MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu ijoro ryo ku wa Kane rishyira ku wa Gatanu,...

Read moreDetails

Pasitori Kavoma: “Intambara iri kubera muri RDC ni iya nyuma,” Yanavuze Igihe Kigiye Gukurikira mu Mateka y’Akarere

by Bahanda Bruce
July 14, 2026
0
Pasitori Kavoma Yatanze Ubuhanuzi Bukomeye, Agaragaza Ibyo Avuga Ko Bigiye Kuba muri RDC

Pasitori Kavoma: "Intambara iri kubera muri RDC ni iya nyuma," Yanavuze Igihe Kigiye Gukurikira mu Mateka y'Akarere MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu kiganiro cyihariye yagiranye na Minembwe Capital...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?