Menya Ibyaranze Ibiganiro bya Kongolo Byabereye mu Bibogobogo
Amakuru aturuka mu misozi yo mu gace ka Bibogobogo gaherereye muri teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko kuri iki cyumweru tariki ya 03/05/2026 habaye ibiganiro byitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Jacques Kongolo.
Uyu Kongolo bivugwa ko yaturutse i Kinshasa, akabanza kunyura i Uvira aho yakoreye ibiganiro, nyuma akomeza urugendo yerekeza i Baraka ari kumwe na Gen. William Yakutumba wo mu mutwe wa Wazalendo. Muri urwo rugendo, bivugwa ko yari aherekejwe na Rutikanga wiyita umuvugizi wa Kagara.
Aba bose bageze mu Bibogobogo bahita bajya ahitwa mu Gisombe, ari na ho ibiganiro byabereye. Ibi biganiro byitabiriwe n’abantu benshi barimo Abapfurero, Abanyamulenge ndetse n’Ababembe, bigaragaza ko byakurikiranywe n’amatsinda atandukanye y’abaturage.
Uwitabiriye ibi biganiro yabwiye Minembwe Capital News ko ibiganiro bya Kongolo, Yakutumba na Rutikanga byarangiye, nyuma yaho bahise bamanuka berekeza i Baraka.
Mu byagarutsweho muri ibyo biganiro harimo amagambo yavuzwe na Jacques Kongolo, aho yasabye abaturage bo mu bice bya Bibogobogo kwemera gukorana na we, anavuga ko uzabyanga azafatwa nk’umwanzi. Uyu Kongolo ni umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi mu by’umutekano.
Yagize ati: “Twazanye isahani ebyiri, imwe irimo urusenda indi irimo ubuki; buri wese afite amahitamo ye.”
Yanagaragaje kandi gahunda yo gufungura inzira ihuza Baraka, Uvira na Bibogobogo, avuga ko ari imwe mu ntego z’ibi biganiro.
Mu gusoza, bivugwa ko Kongolo yasigiye abayobozi b’inzego z’ibanze amafaranga angana na 30.000$, abasaba ko bayaha abatishoboye n’abapfakazi bo muri ako gace.






