• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Kagame Yakiriye Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi baganira ku Mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 20, 2026
in Regional Politics
0
Perezida Kagame Yakiriye Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi baganira ku Mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC
80
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame Yakiriye Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi baganira ku Mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC

You might also like

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku munsi w’ejo tariki ya 19/02/2026 yakiriye muri Village Urugwiro Komiseri muri Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushinzwe uburinganire, no guhangana n’ibibazo, Hadja Lahbib, bari kumwe n’Intumwa yihariye y’uyu muryango mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam.

Nk’uko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, ibiganiro byibanze ku ishusho y’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, by’umwihariko hibandwa ku mbaraga ziri gushyirwa mu bikorwa ku rwego rw’akarere ndetse na mpuzamahanga zigamije kurengera abaturage bakomeje guhura n’ingaruka z’intambara n’umutekano muke umaze igihe kinini muri aka gace.

Ibibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC si ibya none, kuko bimaze imyaka irenga makumyabiri byarashinze imizi muri politiki n’imibanire mibi hagati y’amoko ndetse n’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri aka karere. Icyakora, byongeye gufata indi ntera mu myaka itanu ishize nyuma y’uko umutwe wa M23 wongera kubura imirwano muri 2021.

Uyu mutwe uvuga ko uharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kuvuga ko bahura n’ihohoterwa, ivangura ndetse n’ubwicanyi bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro ifashwa n’inzego za Leta.

Ku rundi ruhande, ihuriro ry’ingabo za RDC rigizwe na FARDC, ingabo z’u Burundi, Wazalendo n’indi mitwe irimo n’uwa FDLR, rikomeje guhangana na AFC/M23 mu ntambara zimaze kwangiza ibice byinshi byo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo, bigateza impunzi n’ihungabana rikomeye ry’ubuzima bw’abaturage.

Mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye, kuva mu mwaka wa 2000 hashyizweho amasezerano y’amahoro atandukanye, arimo ayasinyiwe i Washington ndetse n’i Doha, agamije gusenya imitwe yitwaje intwaro no gukemura ibibazo by’umuzi w’aya makimbirane. Hari kandi imyanzuro irenga 20 y’Inama y’Umutekano y’Umuryango w’Abibumbye yasabiye i New York ko hakorwa ibishoboka byose hagakurwaho imitwe irimo na FDLR.

Nubwo bimeze bityo, ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano rikomeje kudindira, bigatuma umutekano muke ukomeza gufata indi ntera aho kugabanuka.

Vuba aha, Perezida wa Angola, João Lourenço, yasabye ko hashyirwaho agahenge kagamije gutegura ibiganiro by’amahoro bihuza Abanye-Congo, yifuje ko gatangira kubahirizwa tariki ya 18/02/2026.

Nubwo Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, yemeye aka gahenge tariki ya 13/02/2026, amakuru atandukanye agaragaza ko ingabo za Leta zifatanyije n’iz’u Burundi ndetse n’imitwe ya Wazalendo na FDLR zakomeje ibikorwa bya gisirikare, zirimo no gukoresha kajugujugu na drones mu bice by’imisozi miremire y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo.

Mu ntangiriro z’u kwezi kwa kabiri 2026, Intumwa yihariye ya EU mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam, yibukije ubutegetsi bwa RDC ko bugomba gusenya umutwe wa FDLR nk’uko bikubiye mu masezerano mpuzamahanga yasinywe.

EU kandi yasabye ko hashyigikirwa ibiganiro bidaheza byahuza Abanye-Congo bose, mu rwego rwo gushakira hamwe amahoro arambye ashingiye ku bufatanye mu bukungu n’umutekano.

Nubwo hari iyi mihate yose, impaka ziracyari nyinshi hagati ya Kigali na Kinshasa ku bijyanye n’imikoranire ya FARDC na FDLR, aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, aherutse kugaragaza ko uwo mutwe ukomeje gukorana bya hafi n’ingabo za Congo.

Kugeza ubu, imibare itangwa n’inzego zitandukanye igaragaza ko abarwanyi ba FDLR bari hagati ya 7000 na 10,000 bagikomeje gukorera mu Burasirazuba bwa RDC, ibintu bikomeje guteza impungenge ku mutekano w’akarere kose k’Ibiyaga Bigari.

Tags: EUKagameRdcRwandaUmutekano
Share32Tweet20Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

by Bahanda Bruce
July 27, 2026
0
Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida

Hiyongereye Undi Mukandida mu Bahatanira Kuyobora Loni: Uganda Yashyize Imbere Olara Otunnu, Dore Ibyo Wamenya Kuri Uyu Mukandida MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Irushanwa ryo gushaka Umunyamabanga Mukuru mushya...

Read moreDetails

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

AFC/M23 Yashinje Leta ya Kinshasa Ubugizi bwa Nabi ku Baturage bo mu Misozi ya Minembwe

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 amahoro America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?