RDC: Urubanza Ruregwamo Abasirikare Bakuru ba FARDC Rwasubitswe, Impaka Zikomeje ku Cyemezo cy’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare
Iburanisha rya kabiri ryari riteganyijwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 25/06/2026, mu rubanza ruregwamo Umushinjacyaha Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ukurikiranye abasirikare bakuru batandukanye, ryarangiye rimaze iminota mike gusa, rihita risubikwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwa RDC.
Muri uru rubanza harimo abahoze bafite imyanya ikomeye mu ngabo za FARDC, barimo Jenerali John Numbi wahoze ari Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo, ndetse na Jenerali Christian Tshiwewe wahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za FARDC akaba n’umujyanama wa gisirikare wa Perezida Félix Tshisekedi. Harimo kandi abandi basirikare bakuru icyenda, hamwe na Pascal Nyembo.
Nk’uko byatangajwe n’Umukuru w’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare, Liyetona Jenerali Joseph Mutombo Katalay Tiende, iri buranisha ryasubitswe kubera “impamvu za Leta” zaturutse ku kutitabirwa n’abamwe mu bagize inteko iburanisha.
Iki cyemezo cyemejwe kandi n’abanyamategeko bunganira abaregwa, aho Me Papy Nyango, umwe mu bunganira abaregwa, yatangaje ko isubikwa ryatewe no kutaboneka kwa bamwe mu bagize inteko iburanisha.
Yagize ati: “Habayeho kutaboneka kwa bamwe mu bagize inteko iburanisha, bityo havugwa impamvu za Leta zatumye iburanisha risubikwa.”
Icyemezo cy’urukiko
Urukiko kandi rwagaragaje ko iri subikwa rigamije no guha umwanya izindi nzego zunganira abaregwa kugira ngo zitange inyandiko z’imyiregurire zishingiye ku byo baregwa.
Me Parfait Kanyenga, wunganira Jenerali Christian Tshiwewe, yavuze ko bo bamaze gutanga inyandiko zabo zose, bategereje kuzasobanura ku mizi yazo mu iburanisha rizakurikiraho.
Yagize ati: “Twamaze gutanga mémoires zacu zose. Tuzagaragaza ibitekerezo n’imyiregurire yacu, ari na bwo tuzatangira kujya mu mizi y’urubanza. Dutegereje iburanisha ryo ku itariki ya 09/07/2026.”
Mu iburanisha rya mbere, urukiko rwari rwatangiye inzira yo kumenya abaregwa no kubasobanurira ibyaha baregwa.
Abo basirikare bakuru baregwa ibyaha bikomeye birimo:
Ubugambanyi
Ubuhemu bukomeye (trahison)
Gushyigikira cyangwa kwamamaza ibikorwa by’iterabwoba
Gukwirakwiza amakuru y’ibinyoma
Kurenga ku mabwiriza ya gisirikare
Guta umwanya ku bushake no guhunga igihugu
Gutunga intwaro n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko
Gushishikariza abasirikare kwitandukanya n’inshingano zabo za gisirikare
Abaregwa n’abataje mu iburanisha
Abo ni:
Jenerali Christian Tshiwewe Songesa
Jenerali John Numbi Banza Ntambo (uvugwa ko yahunze igihugu)
Jenerali-major Maurice Nyembo Kufi
Jenerali Brigade Chinyabuguma Kamukinde
Jenerali Brigade Ngoy wa Kabila John
Jenerali Brigade Sangwa Muhemedi John
Colonel Mukombozi Zahinda Guy
Colonel Sangwa Lumbu Pathy
Colonel Tshinabo Kenge Christophe (uvugwa ko yahunze igihugu)
Pascal Nyembo Muyumba (uvugwa ko yahunze igihugu), wahoze ayobora CEEC
Mu iburanisha ritangira, bamwe muri bo ntibagaragaye imbere y’urukiko, barimo John Numbi, Pascal Nyembo ndetse na Colonel Tshinabo Kenge Christophe, bakekwa kuba batagaragara aho baherereye. Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwasabye ko bakurikiranwa badahari.
Uru rubanza rukomeje gukurura impaka mu nzego za gisirikare n’iz’ubutabera muri RDC, mu gihe igihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwacyo no gukomeza kugerageza kunoza imikorere y’inzego z’umutekano.
Abasesenguzi bemeza ko uru rubanza rushobora kugira ingaruka zikomeye ku mikorere y’igisirikare cya FARDC n’imyitwarire y’abasirikare bakuru mu bihe biri imbere, cyane cyane ku bijyanye no kubahiriza amategeko n’inshingano za gisirikare.





