• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, July 27, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Tito Rutaremara Yashinje Tshisekedi Gukoresha Amafaranga Agakodesha Abanyamahanga mu Byaha Bikomeye Bikorerwa muri RDC

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 10, 2026
in Regional Politics
0
Tito Rutaremara Yashinje Tshisekedi Gukoresha Amafaranga Agakodesha Abanyamahanga mu Byaha Bikomeye Bikorerwa muri RDC
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Tito Rutaremara Yashinje Tshisekedi Gukoresha Amafaranga Agakodesha Abanyamahanga mu Byaha Bikomeye Bikorerwa muri RDC

You might also like

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

Umuyobozi w’Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye mu Rwanda, Tito Rutaremara, yashinje Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, gukoresha amafaranga mu kugura no gukodesha abanyamahanga n’abafatanyabikorwa bo mu bihugu byo hanze ya Afurika, mu mugambi wo gukora ibyaha bikomeye birimo Jenoside ikorerwa Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda.

Ibi Rutaremara yabitangaje tariki ya 09/01/ 2026, abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, aho yasobanuye mu buryo burambuye icyo yise “uburyarya bwa mpatsibihugu,” avuga ko ari bwo bwagize uruhare rukomeye mu gusenya ibihugu bitandukanye, bitwaje amagambo y’ubwigenge, demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.

Yagaragaje ko iyo abaturage basobanukiwe, bakamenya imigambi mibisha ya ba mpatsibihugu maze bakayirwanya, abo banyamahanga bahita bahindura amayeri, bagahitamo kugura bamwe mu bayobozi n’abanyapolitiki bo mu bihugu byabo cyangwa mu bindi bihugu, kugira ngo babifashishe nk’ibikoresho byo guhangana n’abaturage babo.

Uyu munyapolitiki yashimangiye ko no muri Afurika hari abayobozi n’abanyapolitiki b’abagizi ba nabi bagura mpatsibihugu zo mu Burengerazuba bw’Isi cyangwa abafatanyabikorwa bo ku mugabane wa Afurika, kugira ngo babashyigikire mu migambi mibi yo gukandamiza abaturage no kubahohotera.

Ati: “Ntibitangaje, amafaranga ntacyo adashobora gukora.”

Rutaremara yakomeje avuga ko Perezida Tshisekedi na we yifashishije ayo mahirwe, agura abanyamahanga n’abayobozi bamwe bo muri Afurika, kugira ngo bamufashe mu bikorwa byo kwibasira abaturage b’inzirakarengane muri RDC, abashinja kugira uruhare rugaragara muri ibyo byaha.

Mu Burasirazuba bwa RDC, ingabo za Leta (FARDC), imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo ishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, ndetse n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, bamaze igihe bagaba ibitero bikaze ku Banye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ibyo bitero bikoresha indege z’intambara, drones n’intwaro ziremereye, bikaba bivugwa ko bishyigikirwa ku mugaragaro na Leta y’u Burundi. Hashingiwe ku masezerano yagiranye na Tshisekedi mu mwaka wa 2022, u Burundi bwohereje mu Burasirazuba bwa RDC abasirikare babarirwa mu bihumbi, ku mpamvu zo kumufasha mu bikorwa bya gisirikare.

Byongeye kandi, Leta y’u Bubiligi ivugwaho kugira uruhare rutaziguye muri aya makimbirane, aho ikekwaho guha ingabo za RDC ibikoresho bya gisirikare, ndetse no kohereza inzobere n’abasirikare bo kuzitoza uburyo bwo kwitwara ku rugamba, bikavugwa ko bikorwa mu buryo bw’ibanga.

Ibi birego bya Tito Rutaremara byakomeje kongera ubukana bw’impaka ku rwego mpuzamahanga ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, ndetse n’uruhare rw’ibihugu by’amahanga mu makimbirane amaze imyaka myinshi ahitana ubuzima bw’abaturage batagira ingano.

Tags: Abanye-CongoAbatutsiBavuga ikinyarwandaMpatsibihuguTito RutaremaraTshisekedi
Share28Tweet17Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC

Mobutu Sese Seko: Umutegetsi Wayoboye Zaïre Imyaka 32, Uwasize Amateka Akomeye n’Impaka Ku Murage We muri RDC MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mobutu Sese Seko ni umwe mu bategetsi...

Read moreDetails

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

by Bahanda Bruce
July 26, 2026
0
Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y’u Rwanda na Uganda

Gen. Muhoozi Ari i Kigali ku Nshuro ya Mbere muri 2026: Ibyo Yemeranyije na Perezida Kagame Bishimangira Ubufatanye Bushya hagati y'u Rwanda na Uganda MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu

RDC: Ubumwe bw'u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h'Igihugu MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Ubumwe bw'u Burayi (European Union – EU)...

Read moreDetails

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Loni Yagaragaje Ikibazo Cy’Imizi muri RDC: Imiyoborere Mibi n’Ikoreshwa Ry’Umutungo Kamere Bikomeje Gukongeza Intambara

L’ONU Met en Lumière les Causes Profondes de la Crise en RDC : La Mauvaise Gouvernance et l’Exploitation des Ressources Naturelles Alimentent Toujours les Conflits MINEMBWE CAPITAL NEWS...

Read moreDetails

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

by Bahanda Bruce
July 23, 2026
0
ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano

ADF Yongeye Kumena Amaraso: Abasivili Bishwe Bunyamaswa mu Gace Kagenzurwa na FARDC, Mu gihe Aho MRDP-Twirwaneho na AFC/M23 Bagenzura Hakomeje Kurangwa Umutekano MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu gitondo...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) Ryatumijwe mu Biganiro Bishya Bizabera i Luanda

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?