Uganda: Umujyanama wa Perezida Museveni yapfuye azize impanuka
Igihugu cya Uganda cyakiriye inkuru ibabaje y’urupfu rwa Moses Karangwa Kaliisa, wari Umujyanama Mukuru wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku mirimo yihariye, ndetse akaba n’umuyobozi w’Ishyaka NRM mu Karere ka Kayunga. Yapfuye azize impanuka y’imodoka, nyuma yo kugeragezwa kuvurirwa mu Bitaro bya Nakasero i Kampala.
Urupfu rwa Karangwa Kaliisa rwemejwe na Minisitiri ushinzwe Ibiro bya Perezida, Milly Babalanda, wavuze ko igihugu kiri mu gahinda gakomeye kubera igihombo gikomeye cy’umwe mu bayobozi bakoraga hafi y’Umukuru w’Igihugu.
Yagize ati: “Mbabajwe cyane no gutangaza urupfu rw’Umujyanama Mukuru wa Perezida ndetse n’umuyobozi wa NRM mu Karere ka Kayunga, Moses Karangwa Kaliisa, waguye mu mpanuka y’imodoka.”
Minisitiri Babalanda yamugaragaje nk’umuntu w’inyangamugayo, witanze mu mirimo ye, kandi wagize uruhare rukomeye mu bikorwa by’ishyaka riri ku butegetsi (NRM), avuga ko umurage we uzahora wibukwa mu mateka y’ishyaka n’igihugu muri rusange.
Nubwo kugeza ubu hataratangazwa ku buryo burambuye aho iyo mpanuka yabereye, amakuru yizewe avuga ko Moses Karangwa Kaliisa yagize ibikomere bikomeye nyuma yo gukora impanuka y’imodoka. Yahise ajyanwa mu Bitaro bya Nakasero kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihutirwa.
Nyuma y’igihe gito ari kwitabwaho n’abaganga, byaje gutangazwa ko yitabye Imana, ibintu byateye intimba n’akababaro mu bayobozi bo mu nzego zitandukanye za Uganda, cyane cyane abo mu ishyaka NRM.
Moses Karangwa Kaliisa yari azwi nk’umwe mu banyapolitiki bakomeye bo mu ishyaka NRM mu Karere ka Kayunga, aho yari afite inshingano zo kurihuza n’abaturage no gukurikirana ibikorwa byaryo.
Yanagarutsweho cyane mu bihe bitandukanye kubera ibibazo by’ubutaka mu gace ka Kayunga, aho yagiye agirana amakimbirane na Minisitiri Iddah Nantaba ku bijyanye n’imitungo n’imikoreshereze y’ubutaka, bikaba byaragiye bigarukwaho mu itangazamakuru kenshi.
Urupfu rwa Karangwa Kaliisa rusize icyuho gikomeye mu buyobozi bwa NRM mu Karere ka Kayunga ndetse no mu nshingano ze nk’umujyanama wa Perezida. Abamuzi bamugaragaza nk’umuyobozi wari ufite ijambo rikomeye kandi wibandaga ku bikorwa by’iterambere no gukomeza imiyoborere y’ishyaka.
Guverinoma ya Uganda yatangaje ko amakuru arambuye ku bijyanye n’impanuka ndetse n’imihango yo kumusezeraho azatangwa mu minsi iri imbere.






