• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, July 26, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Uheruka Gutabwa muri Yombi Azira Kujana Abana b’Abanyamulenge muri Gumino Yatangaje Abo Bakorana

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 22, 2025
in Conflict & Security
0
Bidasubirwaho: Abaturage Basabye Perezida Tshisekedi Kwirukana Ingabo z’u Burundi na FDLR mu Kibaya cya Ruzizi
99
SHARES
2.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Uheruka Gutabwa muri Yombi Azira Kujana Abana b’Abanyamulenge muri Gumino Yatangaje Abo Bakorana

You might also like

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi »

Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage

Ruhumuriza, uherutse gufatirwa mu bikorwa by’Igisirikare cy’u Burundi kubera gukekwaho uruhare mu gukangurira no kohereza abana b’Abanyamulenge mu mutwe wa Gumino, yatangiye gutanga amazina y’abandi bakorana iki gikorwa gifatwa nk’ubugizi bwa nabi bukorerwa abana no kubashora mu mitwe yitwaje intwaro.

Umutwe wa Gumino, uyobowe na Seba Muningantama Kiyana, umaze igihe uvugwaho gukorana n’ingabo za RDC, iz’u Burundi ndetse na FDLR mu bikorwa byo kurwanya Abanyamulenge ndetse n’umutwe wa Twirwaneho ubarwanirira. Ni muri urwo rwego Ruhumuriza akurikiranyweho uruhare mu bikorwa byo gushora abana mu ntambara, kimwe mu byaha bikomeye bihanishwa n’amategeko mpuzamahanga.

Amakuru Minembwe Capital News yabonye yemeza ko kugeza ubu abana umunani bamaze kwinjizwa muri Gumino bakuwe mu nkambi ya Nyenkanda mu Burundi nyuma yo gukangurirwa na Ruhumuriza. Abamaze kumenyekana barimo Monique, Ndanyuzwe, Rukiragateyi, Cyubahiro, Mutware, Patrick, Kadogo ndetse n’abandi babiri amazina yabo ataratangazwa.

Ababyeyi b’aba bana bakomeje gutabaza bagana Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR), cyane cyane ishami rishinzwe kurengera abana. Nyuma yo gukusanya amakuru y’ukuri, inzego z’umutekano z’u Burundi zahise zemeza ko Ruhumuriza ari ku isonga ry’iki gikorwa, bituma atabwa muri yombi mu buryo bwihuse.

Amakuru y’iperereza Minembwe Capital News yabonye avuga ko akimara gufatwa, Ruhumuriza yatangiye gutanga amazina y’abandi bafatanyacyaha. Muri bo harimo: Gasita, Byishimo, Sebineza, Kibongi na Rufora, bose bakekwaho uruhare mu kureshya no kohereza abana mu bikorwa bya Gumino.

Nubwo bimeze bityo, bamwe mu mpunzi zo mu nkambi ya Nyenkanda bavuganye na Minembwe Capital News bemeza ko uru rwego rwo gushishikariza abana kwinjira muri Gumino rufite abandi bayobozi bakomeye bafatanya na Ruhumuriza. Bavuga ko Robert Byiringiro ari we uri ku isonga ry’ibi bikorwa, akabikora afatanyije bya hafi na Seba Muningantama Kiyana ndetse n’igisirikare cy’u Burundi.

Iby’aya makuru byatangiye kumenyekana ubwo abana batanu ba mbere bafatwaga ku gahato bakajyanwa mu modoka bivugwa ko ari iy’igisirikare cy’u Burundi. Abatangabuhamya babwiye Minembwe Capital News ko abo bana bahujwe n’Imbonerakure i Bujumbura, mbere yo koherezwa mu misozi y’i Ndondo ya Bijombo muri Kivu y’Amajyepfo, akarere kazwi kuba indiri ya Gumino n’igisirikare cy’u Burundi.

Minembwe Capital News iracyakomeza gukusanya amakuru ahuriweho n’impande zitandukanye mu rwego rwo kumenya ukuri ku by’iki kibazo, ndetse no gukurikirana icyo inzego zishinzwe kurengera abana n’impunzi ziteganya gukora kugira ngo ibi bikorwa bihagarare burundu.

Tags: FDNBGuminoHCRNyenkanda
Share40Tweet25Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi »

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

Col. Mitabu du MRDP-Twirwaneho : « La guerre ne vise pas seulement à prendre Gipupu, elle vise à renverser le pouvoir de Tshisekedi » MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)...

Read moreDetails

Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: “Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi”

Col. Mitabu wa MRDP-Twirwaneho: "Intambara Ntabwo Igamije Gufata Gipupu Gusa, Igamije Gukuraho Ubutegetsi bwa Tshisekedi" MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Umuyobozi wa gisirikare wa MRDP-Twirwaneho, Colonel Mitabu, yatangaje ko...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage

Kivu y’Amajyepfo: Imvura Idasanzwe Yateje Ibyangiritse Bikomeye ku Baturage MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Imvura nyinshi ivanze n'urubura yangije bikomeye agace ka Cifunzi, gaherereye muri Grupema ya Kalonge, muri...

Read moreDetails

Walikale Yongeye Kuba Indiri y’Imirwano: FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bahanganye Bikomeye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
BREAKING: Gukozanyaho Gukomeye Nyuma y’Igitero Cyavugwaga ko Cyari Kigamije Ibice bya Ndondo

Walikale Yongeye Kuba Indiri y’Imirwano: FARDC n’Abafatanyabikorwa Bayo Bahanganye Bikomeye na AFC/M23 MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Amakuru aturuka mu gace ka Kashesha, gaherereye mu gice cya Balindu, muri...

Read moreDetails

RDC face au défi de la gouvernance et du développement : une réforme de la gouvernance peut-elle ouvrir la voie à une paix durable et à un développement soutenu ?

by Bahanda Bruce
July 25, 2026
0
RDC Iri mu Ihurizo rya Politiki n’Iterambere: Ese Ivugurura ry’Imiyoborere ni Ryo Rishobora Gufungura Inzira y’Amahoro Arambye n’Iterambere?

RDC face au défi de la gouvernance et du développement : une réforme de la gouvernance peut-elle ouvrir la voie à une paix durable et à un développement...

Read moreDetails
Next Post
Umutekano ku Ndondo Wongeye Kuzamba Nyuma y’uko hisutse Wazalendo Benshi

Umutekano ku Ndondo Wongeye Kuzamba Nyuma y’uko hisutse Wazalendo Benshi

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kabila Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?