Umutekano wa Perezida Trump Ukomeje Kurindwa Bikomeye Nyuma y’Urugomo Hafi ya White House
Mu mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 23/05/2026, i Washington DC hongeye kuvugwa ikibazo gikomeye cy’umutekano nyuma y’uko abashinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, barashe bakica umuntu wari wegereye ahagenzurirwa umutekano hafi ya White House nyuma yo kurasa ku bapolisi b’Urwego rwa Secret Service.
Aya makuru yemejwe n’Urwego rwa Secret Service, rwavuze ko uwo muntu yegereye imwe muri “checkpoints” ziri hafi y’ibiro bya Perezida wa Amerika ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’i Washington, maze atangira kurasa ku bashinzwe umutekano.
Abakozi ba Secret Service bahise bamurasaho baramukomeretsa bikomeye, nyuma aza gupfira mu bitaro byo muri ako gace aho yari yajyanywe ari indembe.
Nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’umutekano, muri uko kurasana hari n’umuturage wari hafi aho wakomerekejwe n’amasasu. Kugeza ubu ntiharamenyekana niba yarashwe n’uwo musore wabanje kurasa cyangwa niba yakomerekejwe n’amasasu y’igisubizo yatanzwe na Secret Service.
Secret Service yavuze ko nta mukozi wayo wakomeretse muri icyo gikorwa, ndetse ko na Perezida Donald Trump wari uri muri White House nta kibazo na kimwe yagize. Icyakora, yahise ahabwa amakuru arambuye ku byabaye ndetse anahungishirizwa ahantu hatekanye.
Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko umuntu wakomerekejwe muri icyo gitero ari mu bitaro arembye cyane.
CNN dukesha aya makuru yatangaje ko uwo warashwe yitwa Nasire Best, umusore w’imyaka 21 wari usanzwe uzwi n’inzego z’umutekano kubera ibikorwa yagiye agaragaramo biteye impungenge.
Amakuru atangwa n’abashinzwe iperereza avuga ko mu kwezi kwa gatandatu kwa 2025 uyu musore yafatiwe hafi ya White House nyuma yo gufunga inzira yinjirirwamo n’imodoka, avuga amagambo yateje impaka harimo no kwiyita “Imana”. Nyuma y’icyo gihe yajyanywe mu kigo cyita ku buzima bwo mu mutwe kugira ngo akorerwe isuzuma.
Mu kwezi kwakurikiyeho muri uwo mwaka wa 2025, yongeye gufatwa agerageza kwinjira mu gace karinzwe ka White House atabyemerewe. Urukiko rwahise rumutegeka kutazongera kwegera aho Perezida atuye cyangwa akorera.
Abashinzwe umutekano bavuga kandi ko mu iperereza bakoze basanze yarakoresheje imbuga nkoranyambaga atangaza amagambo akomeye, harimo no kwiyita “Osama Bin Laden nyakuri”, ndetse hari ubutumwa bugaragaza ko yashakaga kugirira nabi Donald Trump.
Nubwo yari asanzwe azwiho imyitwarire idasanzwe, inzego z’umutekano zivuga ko mbere y’iki gitero atari yarigeze agaragara afite intwaro cyangwa ngo akoreshe urugomo nk’uru.
Abanyamakuru ba CNN n’izindi nzego z’itangazamakuru bari hafi ya White House batangaje ko bumvise urusaku rw’amasasu menshi cyane, ibintu byahise bitera ubwoba bukomeye.
Abari mu gace ka White House bahise bategekwa kwihisha no kujyanwa mu cyumba cy’itangazamakuru cya White House kugira ngo bakingirwe umutekano.
Abakozi ba Secret Service bitwaje imbunda ziremereye bahise bakwira muri ako gace, mu gihe imihanda yose ikikije White House yahise ifungwa.
Icyo gikorwa cy’umutekano cyamaze hafi iminota 40 mbere y’uko ibintu bisubira mu buryo.
Iki gikorwa kibaye hashize igihe gito habaye ikindi gitero cyari cyabereye hafi ya White House mu muhango wa White House Correspondents’ Dinner, aho umugabo witwaje imbunda ya “shotgun” yagerageje kwinjira arasa.
Uwo mugabo witwa Cole Tomas Allen yatawe muri yombi nyuma yo gukurikiranwa n’abashinzwe umutekano, akaba aregwa gushaka kwivugana Donald Trump.
Ibi bikorwa bikomeje gutuma inzego z’umutekano za Amerika zongera ingamba zo kurinda Perezida Trump ndetse n’ibikorwaremezo bikomeye bya Leta, cyane cyane muri ibi bihe igihugu kiri mu bibazo bikomeye by’umutekano n’impaka za politiki zikomeje kwiyongera.
Urwego rwa FBI rwatangaje ko rwatangiye gufatanya na Secret Service mu iperereza rigamije kumenya neza icyateye icyo gitero n’icyari kigamijwe.






