• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 6, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Umutekano wa Perezida Trump Ukomeje Kurindwa Bikomeye Nyuma y’Urugomo Hafi ya White House

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
May 24, 2026
in World News
0
Umutekano wa Perezida Trump Ukomeje Kurindwa Bikomeye Nyuma y’Urugomo Hafi ya White House
64
SHARES
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umutekano wa Perezida Trump Ukomeje Kurindwa Bikomeye Nyuma y’Urugomo Hafi ya White House

You might also like

Uganda Airlines Takes a New Step Forward: Daily Flights to Connect Entebbe and Kigali

Uganda Airlines Igiye Gutangiza Ingendo za Entebbe–Kigali; Amateka, Impamvu n’Inyungu Zitegerejwe

U Burusiya Bwakajije Ibitero kuri Kyiv: Misile za Ballistique na Drone Zihitana Abantu Benshi, Abandi Barakomereka

Mu mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 23/05/2026, i Washington DC hongeye kuvugwa ikibazo gikomeye cy’umutekano nyuma y’uko abashinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, barashe bakica umuntu wari wegereye ahagenzurirwa umutekano hafi ya White House nyuma yo kurasa ku bapolisi b’Urwego rwa Secret Service.

Aya makuru yemejwe n’Urwego rwa Secret Service, rwavuze ko uwo muntu yegereye imwe muri “checkpoints” ziri hafi y’ibiro bya Perezida wa Amerika ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ku isaha y’i Washington, maze atangira kurasa ku bashinzwe umutekano.

Abakozi ba Secret Service bahise bamurasaho baramukomeretsa bikomeye, nyuma aza gupfira mu bitaro byo muri ako gace aho yari yajyanywe ari indembe.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi b’umutekano, muri uko kurasana hari n’umuturage wari hafi aho wakomerekejwe n’amasasu. Kugeza ubu ntiharamenyekana niba yarashwe n’uwo musore wabanje kurasa cyangwa niba yakomerekejwe n’amasasu y’igisubizo yatanzwe na Secret Service.

Secret Service yavuze ko nta mukozi wayo wakomeretse muri icyo gikorwa, ndetse ko na Perezida Donald Trump wari uri muri White House nta kibazo na kimwe yagize. Icyakora, yahise ahabwa amakuru arambuye ku byabaye ndetse anahungishirizwa ahantu hatekanye.

Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko umuntu wakomerekejwe muri icyo gitero ari mu bitaro arembye cyane.

CNN dukesha aya makuru yatangaje ko uwo warashwe yitwa Nasire Best, umusore w’imyaka 21 wari usanzwe uzwi n’inzego z’umutekano kubera ibikorwa yagiye agaragaramo biteye impungenge.

Amakuru atangwa n’abashinzwe iperereza avuga ko mu kwezi kwa gatandatu kwa 2025 uyu musore yafatiwe hafi ya White House nyuma yo gufunga inzira yinjirirwamo n’imodoka, avuga amagambo yateje impaka harimo no kwiyita “Imana”. Nyuma y’icyo gihe yajyanywe mu kigo cyita ku buzima bwo mu mutwe kugira ngo akorerwe isuzuma.

Mu kwezi kwakurikiyeho muri uwo mwaka wa 2025, yongeye gufatwa agerageza kwinjira mu gace karinzwe ka White House atabyemerewe. Urukiko rwahise rumutegeka kutazongera kwegera aho Perezida atuye cyangwa akorera.

Abashinzwe umutekano bavuga kandi ko mu iperereza bakoze basanze yarakoresheje imbuga nkoranyambaga atangaza amagambo akomeye, harimo no kwiyita “Osama Bin Laden nyakuri”, ndetse hari ubutumwa bugaragaza ko yashakaga kugirira nabi Donald Trump.

Nubwo yari asanzwe azwiho imyitwarire idasanzwe, inzego z’umutekano zivuga ko mbere y’iki gitero atari yarigeze agaragara afite intwaro cyangwa ngo akoreshe urugomo nk’uru.

Abanyamakuru ba CNN n’izindi nzego z’itangazamakuru bari hafi ya White House batangaje ko bumvise urusaku rw’amasasu menshi cyane, ibintu byahise bitera ubwoba bukomeye.

Abari mu gace ka White House bahise bategekwa kwihisha no kujyanwa mu cyumba cy’itangazamakuru cya White House kugira ngo bakingirwe umutekano.

Abakozi ba Secret Service bitwaje imbunda ziremereye bahise bakwira muri ako gace, mu gihe imihanda yose ikikije White House yahise ifungwa.

Icyo gikorwa cy’umutekano cyamaze hafi iminota 40 mbere y’uko ibintu bisubira mu buryo.

Iki gikorwa kibaye hashize igihe gito habaye ikindi gitero cyari cyabereye hafi ya White House mu muhango wa White House Correspondents’ Dinner, aho umugabo witwaje imbunda ya “shotgun” yagerageje kwinjira arasa.

Uwo mugabo witwa Cole Tomas Allen yatawe muri yombi nyuma yo gukurikiranwa n’abashinzwe umutekano, akaba aregwa gushaka kwivugana Donald Trump.

Ibi bikorwa bikomeje gutuma inzego z’umutekano za Amerika zongera ingamba zo kurinda Perezida Trump ndetse n’ibikorwaremezo bikomeye bya Leta, cyane cyane muri ibi bihe igihugu kiri mu bibazo bikomeye by’umutekano n’impaka za politiki zikomeje kwiyongera.

Urwego rwa FBI rwatangaje ko rwatangiye gufatanya na Secret Service mu iperereza rigamije kumenya neza icyateye icyo gitero n’icyari kigamijwe.

Tags: TrumpUmutekanoWhite House
Share26Tweet16Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Uganda Airlines Takes a New Step Forward: Daily Flights to Connect Entebbe and Kigali

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Uganda Airlines Igiye Gutangiza Ingendo za Entebbe–Kigali; Amateka, Impamvu n’Inyungu Zitegerejwe

Uganda Airlines Takes a New Step Forward: Daily Flights to Connect Entebbe and Kigali MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Uganda’s national carrier, Uganda Airlines, has announced that it will...

Read moreDetails

Uganda Airlines Igiye Gutangiza Ingendo za Entebbe–Kigali; Amateka, Impamvu n’Inyungu Zitegerejwe

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
Uganda Airlines Igiye Gutangiza Ingendo za Entebbe–Kigali; Amateka, Impamvu n’Inyungu Zitegerejwe

Uganda Airlines Igiye Gutangiza Ingendo za Entebbe–Kigali; Amateka, Impamvu n'Inyungu Zitegerejwe MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN) Mu rwego rwo gukomeza kwagura ibikorwa byayo no kongera amahirwe y'ingendo zo mu...

Read moreDetails

U Burusiya Bwakajije Ibitero kuri Kyiv: Misile za Ballistique na Drone Zihitana Abantu Benshi, Abandi Barakomereka

by Bahanda Bruce
August 5, 2026
0
U Burusiya Bwakajije Ibitero kuri Kyiv: Misile za Ballistique na Drone Zihitana Abantu Benshi, Abandi  Barakomereka

U Burusiya Bwakajije Ibitero kuri Kyiv: Misile za Ballistique na Drone Zihitana Abantu Benshi, Abandi Barakomereka Igitero gikomeye cyagabwe n’u Burusiya kuri Ukraine hakoreshejwe misile za ballistique n’indege...

Read moreDetails

Ni Iki Kibera i Yaoundé? Perezida Biya Umaze Igihe Atagaragara, Ariko Ubutegetsi Bwe Bukomeje Gukora Impinduka Zikomeye mu Gisirikare

by Bahanda Bruce
August 4, 2026
0
Ni Iki Kibera i Yaoundé? Perezida Biya Umaze Igihe Atagaragara, Ariko Ubutegetsi Bwe Bukomeje Gukora Impinduka Zikomeye mu Gisirikare

Ni Iki Kibera i Yaoundé? Perezida Biya Umaze Igihe Atagaragara, Ariko Ubutegetsi Bwe Bukomeje Gukora Impinduka Zikomeye mu Gisirikare Mu gihe Perezida wa Cameroun Paul Biya akomeje kutagaragara...

Read moreDetails

Bidasanzwe: U Burusiya Bwakajije Ibitero bya Misile za Ballistic kuri Kyiv

by Bahanda Bruce
August 2, 2026
0
Bidasanzwe: U Burusiya Bwakajije Ibitero bya Misile za Ballistic kuri Kyiv

Bidasanzwe: U Burusiya Bwakajije Ibitero bya Misile za Ballistic kuri Kyiv Intambara hagati y'u Burusiya na Ukraine ikomeje gufata indi ntera, nyuma y'uko mu gitondo cyo ku wa...

Read moreDetails
Next Post
Guverinoma yahagaritse by’agateganyo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Mwenga na Shabunda

Guverinoma yahagaritse by’agateganyo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro i Mwenga na Shabunda

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Mikenke Minembwe Monusco MRDP-TWIRWANEHO Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?