Ubushyamirane bwa Politiki muri RDC Bukomeje Kurushaho Gukaza Umurego
Umwuka wa politiki ukomeje kuba mubi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi bukomeje gushinjwa n’abatavuga rumwe na bwo gukoresha igitugu, ihohoterwa ndetse no kwifashisha inzego z’umutekano mu gucecekesha amajwi abunenga.
Ibi bikurikira imyigaragambyo yateguwe n’ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi, yabaye tariki ya 12/06/2026 i Kinshasa, yaranzwe n’imvururu n’ihohoterwa byateje impaka zikomeye hagati y’impande zombi.
Abatavuga rumwe na Leta bashinja umutwe uzwi ku izina rya Force du Progrès, wegamiye ku ishyaka riri ku butegetsi rya UDPS, kuba warifatanyije n’inzego z’umutekano mu gutatanya abigaragambyaga no kubakorera ibikorwa by’urugomo.
Mu rwego rwo kwiregura kuri ibyo birego, ishyaka UDPS ryahise riregera Ubushinjacyaha Bukuru bukorera Urukiko rw’Ikirenga (Cour de cassation), risaba ko hakurikiranwa abantu bavuga ko biyitirira Force du Progrès bagakora ibikorwa by’urugomo, kwangiza ibikorwa remezo no guhungabanya umutekano.
Abanyamategeko ba UDPS bavuga ko icyo kirego kigamije kurengera isura y’uwo mutwe no gutahura abantu bawukoresha mu nyungu zabo bwite cyangwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.
Ishyaka riri ku butegetsi rihamya ko Force du Progrès ifite inshingano zo gukangurira abaturage ibikorwa bya politiki gusa, rigahakana ko hari uruhare yagize mu bikorwa by’ihohoterwa byabaye tariki ya 12/06/2026.
Ku rundi ruhande, abatavuga rumwe na Leta bakomeje gushimangira ko bafite ibimenyetso bigaragaza ko abantu bifashishaga izina rya Force du Progrès bagaragaye bakorana n’inzego z’umutekano mu gutatanya abigaragambyaga. Basaba ko hakorwa iperereza ryigenga kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye n’ababigizemo uruhare.
Ihuriro Lamuka, riyobowe na Martin Fayulu, ryatangaje ko riri gukusanya ibimenyetso rizashyikiriza inzego mpuzamahanga zirimo izirengera uburenganzira bwa muntu n’izindi nzego zibifitiye ububasha, rivuga ko rigamije gusaba ko hakurikiranwa abakekwaho uruhare muri ibyo bikorwa. Bamwe mu bayobozi baryo banavuze ko ubutegetsi bwa Kinshasa bushobora guhura n’ibihano mpuzamahanga mu gihe ibyo birego byagaragara ko bifite ishingiro.
Icyakora, Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, yahakanye ibyo birego byose, avuga ko ari ubukangurambaga bugamije gusebya ishyaka rye no guteza umwuka mubi wa politiki mu gihugu.
Mu gihe izi mpaka zigikomeje, amashyaka akomeye atavuga rumwe n’ubutegetsi yamaze kumenyesha Guverineri w’Umujyi wa Kinshasa gahunda y’indi myigaragambyo iteganyijwe tariki ya 08/07/2026 imbere y’Ingoro y’Igihugu (Palais de la Nation).
Iyo myigaragambyo yateguwe n’abayobozi bakomeye barimo Martin Fayulu (ECiDé), Jean-Marc Kabund (Alliance pour le Changement), Moïse Katumbi (Ensemble pour la République), Augustin Matata Ponyo (LGD) na Delly Sesanga (ENVOL).
Mu ibaruwa bandikiye Guverineri Daniel Bumba, batangaje ko bazatangira icyo gikorwa saa tatu za mu gitondo, aho abaturage bazava mu turere twose tw’Umujyi wa Kinshasa bakerekeza kuri Palais de la Nation.
Abateguye iyi myigaragambyo bavuga ko intego yabo ari ugusaba iyubahirizwa ry’Itegeko Nshinga, kurengera ubutegetsi bugendera ku mategeko no kwamagana ibyo bita isenyuka ry’amahame ya demokarasi n’uburenganzira bw’abaturage. Banateganya kandi gushyikiriza Perezida Félix Tshisekedi memorandum ikubiyemo ibyo basaba ko byakosorwa.
Ibi byose bibaye mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu bihe bikomeye bya politiki, aho ubwumvikane hagati y’ubutegetsi n’abatavuga rumwe na bwo bukomeje kurushaho kuzamo icyuho. Abasesenguzi ba politiki bavuga ko, niba hatabayeho ibiganiro bya politiki byubaka no kubahiriza ubwisanzure bwa demokarasi, igihugu gishobora gukomeza kwinjira mu bibazo bya politiki birushijeho gukomera.





