• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, August 27, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FDLR ibyo gushyira intwaro hasi ntibikozwa, ahubwo yavuze ko yiteguye kurwana-ibirambuye

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
November 11, 2025
in Regional Politics
0
FDLR ibyo gushyira intwaro hasi ntibikozwa, ahubwo yavuze ko yiteguye kurwana-ibirambuye
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FDLR ibyo gushyira intwaro hasi ntibikozwa, ahubwo yavuze ko yiteguye kurwana-ibirambuye

Mu gihe Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yatangije ubukangurambaga bwo gusaba inyeshyamba za FDLR gushyira hasi intwaro no kwishyikiriza mu mahoro kugira ngo zoherezwe mu Rwanda, ubuyobozi bwa FDLR bwatangaje ko butazigera bwemera icyo cyemezo keretse habayeho ibiganiro na Leta y’u Rwanda.

READ ALSO

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura

Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza

Mu butumwa bushya bwashyizwe hanze n’abavuga ko ari abavugizi ba FDLR, bavuze ko “bazakomeza kurwana kugeza Kigali yemeye kwicarana na bo mu biganiro by’amahoro.” Ibi bije nyuma y’aho Kinshasa na Kigali bashyize umukono ku masezerano yo ku wa 27/06/ 2025, asaba ko FDLR ishyira hasi intwaro, igasubizwa mu Rwanda ku bushake cyangwa ku gahato.

Leta ya Congo itangaza ko iyo FDLR yanze kwishyikiriza ku neza, hazakurikizwa ingufu za gisirikare. Iyo gahunda y’ingufu iravugwa ko igeze kure mu itegurwa, hashingiwe ku bufatanye hagati ya Kinshasa na Kigali mu rwego rwo kurandura imitwe y’iterabwoba igikorera mu Burasirazuba bwa Congo.

FDLR, igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, imaze imyaka irenga 25 ikorera mu mashyamba ya Congo. Kuva hatangiye imirwano ikaze hagati ya FARDC n’umutwe wa M23, harushijeho kugaragara ubufatanye hagati ya FDLR n’igisirikare cya Congo, nubwo Kinshasa ikomeza kubihakana mu ruhame.

Umuvugizi wa Leta ya Congo ntiyigeze agira icyo atangaza kuri ibi byatangajwe na FDLR, ariko abakurikiranira hafi iby’umutekano mu karere bemeza ko imikoranire hagati y’izi nyeshyamba na FARDC ariyo mpamvu ikomeye y’ubwumvikane buke hagati y’u Rwanda na Congo.

Ibi biremeza ko ikibazo cya FDLR kikiri imbogamizi ku mahoro arambye mu karere, ndetse bigaragaza impungenge ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano mashya hagati ya RDC n’u Rwanda.

Tags: FDLRRdcRwanda

Related Posts

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura
Regional Politics

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura

August 26, 2026
Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza
Regional Politics

Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza

August 25, 2026
INKONGI Z’UMURIRO MU MASOKO YO MU BURUNDI ZIKOMEJE KWISUBIRAMO: NI IMPANUKA CYANGWA HARI IBINDI BIRI INYUMA YABYO? — UBUTUMWA MCN YAGEJEJWEHO N’UMUCURUZI I BUJUMBURA
Regional Politics

INKONGI Z’UMURIRO MU MASOKO YO MU BURUNDI ZIKOMEJE KWISUBIRAMO: NI IMPANUKA CYANGWA HARI IBINDI BIRI INYUMA YABYO? — UBUTUMWA MCN YAGEJEJWEHO N’UMUCURUZI I BUJUMBURA

August 25, 2026
Le président Kagame revient sur les relations Rwanda–Burundi, la présence des forces burundaises en RDC et la question des FDLR
Regional Politics

Le président Kagame revient sur les relations Rwanda–Burundi, la présence des forces burundaises en RDC et la question des FDLR

August 24, 2026
Perezida Kagame yongeye kuvuga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi, ingabo z’u Burundi muri RDC n’ikibazo cya FDLR
Regional Politics

Perezida Kagame yongeye kuvuga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi, ingabo z’u Burundi muri RDC n’ikibazo cya FDLR

August 24, 2026
Ebola muri RDC yarenze ku mateka: Abarenga 2.500 bamaze kuhasiga ubuzima, Papa Leo XIV yatabaje isi ngo itabare
Regional Politics

Ebola muri RDC yarenze ku mateka: Abarenga 2.500 bamaze kuhasiga ubuzima, Papa Leo XIV yatabaje isi ngo itabare

August 24, 2026
Next Post
Ingabo z’u Burundi zasesekaye ku bwinshi mu Bibogobogo mu rugamba rwo guhangana na Twirwaneho na M23

Ingabo z’u Burundi ziturutse mu Bibogobogo zerekeje mu bice bya Minembwe-ibirambuye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Col. Mufoko yasabye Abanyamulenge kutongera kwamamaza abo yita “Abanyakagara”: “Kubavuga cyane ni ukubamamaza”
  • Senateri Muyumba yaburiye Leta y’i Kinshasa yafunze amashuri i Goma na Bukavu
  • Guverinoma ya RDC yahagaritse by’agateganyo amashuri makuru na kaminuza muri Goma na Bukavu — Menya impamvu
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?