• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, August 26, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
August 25, 2026
in Regional Politics
0
Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza
79
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya kuri Tom Byabagamba wari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda wapfiriye muri gereza

Tom Byabagamba, wahoze ari Colonel mu Ngabo z’u Rwanda ndetse akaba yarigeze kuyobora umutwe w’ingabo zarindaga Umukuru w’Igihugu, yapfiriye muri gereza nyuma yo kumaramo imyaka 12 afunzwe.

Amakuru y’urupfu rwe yatangajwe na David Himbara, umwe mu bo mu muryango we, wavuze ko Byabagamba yari murumuna we.

READ ALSO

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura

INKONGI Z’UMURIRO MU MASOKO YO MU BURUNDI ZIKOMEJE KWISUBIRAMO: NI IMPANUKA CYANGWA HARI IBINDI BIRI INYUMA YABYO? — UBUTUMWA MCN YAGEJEJWEHO N’UMUCURUZI I BUJUMBURA

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Himbara yagize ati: “Tom Byabagamba, murumuna wanjye muto, yapfuye nyuma yo kumara imyaka 12 muri gereza.”

Ikinyamakuru Chimp Reports cyo muri Uganda na cyo cyatangaje amakuru y’urupfu rwa Byabagamba.

Kugeza ubu, umuryango we ntiwatangaje icyateye urupfu rwe. Nta tangazo rirambuye ryari ryatangazwa n’ubuyobozi bwa gereza ya gisirikare ku bijyanye n’urupfu rwe.

Byabagamba yari muntu ki?

Tom Byabagamba yari umusirikare w’u Rwanda ufite ipeti rya Colonel, akaba yarigeze kuyobora umutwe w’ingabo zarindaga Umukuru w’Igihugu. Yari amaze imyaka isaga 20 akorera mu nzego z’umutekano mbere y’uko atabwa muri yombi.

Yatawe muri yombi ku itariki ya 24/08/2014, akurikiranyweho ibyaha birimo gushishikariza abaturage kurwanya ubutegetsi buriho, gushaka kugirira nabi Umukuru w’Igihugu no gusuzugura ibendera ry’igihugu. Ibyo byaha byavugwaga ko byabaye mu gihe yari mu butumwa bw’akazi muri Sudani y’Epfo.

Igihano cy’imyaka 15

Ku itariki ya 27/12/2019, Urukiko rw’Ubujurire rwakatiye Tom Byabagamba igifungo cy’imyaka 15, runamwambura impeta za gisirikare.

Yahamijwe ibyaha birimo gushishikariza abaturage kwigomeka cyangwa guteza imvururu, gusebya igihugu cyangwa Guverinoma nk’umuyobozi, guhisha nkana amakuru cyangwa ibimenyetso byafasha mu ikorwa ry’icyaha, ndetse no gusuzugura ibendera ry’igihugu.

Nyuma yaho, Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bwongeye kumukurikirana ku byaha bishya bwavugaga ko yaba yarakoze mu gihe yari afunzwe.

Muri ibyo byaha harimo gukekwaho kugerageza gutanga ruswa no kugerageza gutoroka gereza, bivugwa ko yari kubikora abifashijwemo n’abandi bafungwa ndetse n’abantu bari hanze ya gereza. Icyo gihe, ubuyobozi bw’igisirikare cy’u Rwanda bwavuze ko ibyo birego byari bikiri gukorwaho iperereza.

Ikindi gihano yakatiwe ari muri gereza

Byabagamba kandi yaje gukurikiranwa ku cyaha cyo kwiba telefoni n’umugozi wayo wo kuyishyiramo umuriro.

Mu mpera z’Ukwezi kwa Gatanu 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamukatiye igifungo cy’umwaka umwe kuri icyo cyaha.

Urupfu rwa Tom Byabagamba rubaye nyuma y’imyaka 12 yari amaze afunzwe, mu gihe amakuru arambuye ku cyateye urupfu rwe ataratangazwa ku mugaragaro.

Minembwe Capital News

Tags: Tom Byabagambayapfuye

Related Posts

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura
Regional Politics

Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura

August 26, 2026
INKONGI Z’UMURIRO MU MASOKO YO MU BURUNDI ZIKOMEJE KWISUBIRAMO: NI IMPANUKA CYANGWA HARI IBINDI BIRI INYUMA YABYO? — UBUTUMWA MCN YAGEJEJWEHO N’UMUCURUZI I BUJUMBURA
Regional Politics

INKONGI Z’UMURIRO MU MASOKO YO MU BURUNDI ZIKOMEJE KWISUBIRAMO: NI IMPANUKA CYANGWA HARI IBINDI BIRI INYUMA YABYO? — UBUTUMWA MCN YAGEJEJWEHO N’UMUCURUZI I BUJUMBURA

August 25, 2026
Le président Kagame revient sur les relations Rwanda–Burundi, la présence des forces burundaises en RDC et la question des FDLR
Regional Politics

Le président Kagame revient sur les relations Rwanda–Burundi, la présence des forces burundaises en RDC et la question des FDLR

August 25, 2026
Perezida Kagame yongeye kuvuga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi, ingabo z’u Burundi muri RDC n’ikibazo cya FDLR
Regional Politics

Perezida Kagame yongeye kuvuga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi, ingabo z’u Burundi muri RDC n’ikibazo cya FDLR

August 25, 2026
Ebola muri RDC yarenze ku mateka: Abarenga 2.500 bamaze kuhasiga ubuzima, Papa Leo XIV yatabaje isi ngo itabare
Regional Politics

Ebola muri RDC yarenze ku mateka: Abarenga 2.500 bamaze kuhasiga ubuzima, Papa Leo XIV yatabaje isi ngo itabare

August 25, 2026
Amakuru akomeje gutangwa ku basirikare babiri b’u Burundi barokotse igitero gikaze i Fizi
Regional Politics

Amakuru akomeje gutangwa ku basirikare babiri b’u Burundi barokotse igitero gikaze i Fizi

August 25, 2026
Next Post
Fizi Yongeye Kuvugwamo Imirwano: Ihuriro rya FARDC n’Abafatanyabikorwa Baryo Ryahuye na MRDP-Twirwaneho

Fizi Yongeye Kuvugwamo Imirwano: Ihuriro rya FARDC n’Abafatanyabikorwa Baryo Ryahuye na MRDP-Twirwaneho

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • Washington Accords: Amahoro, Amabuye y’Agaciro n’Inyungu za Amerika — Ni Iki Cyamaze Kugerwaho? Byinshi mu Isesengura
  • RDC: Ese amasezerano ya Montreux azahindura ubuzima bw’abaturage? ONU itanze umuburo ukomeye
  • Kabuya yakiriye intumwa z’Abanyamulenge bakorera mu kwaha k’ubutegetsi bw’i Kinshasa: byinshi ku byaganiriweho
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?